2022-2023: Ikawa yoherejwe mu mahanga yageze kuri 78.3%
Ubukungu

2022-2023: Ikawa yoherejwe mu mahanga yageze kuri 78.3%

KAYITARE JEAN PAUL

March 13, 2024

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ibyoherezwa mu mahanga bikomoka k’ubuhinzi n’ubworozi, (NAEB) cyatangaje ko cyari gifite intego yo kohereza mu mahanga ikawa yogeje neza ikava kuri 54% by’ibyoherezwa mu mahanga ikagera kuri 80%.

Sandrine Urujeni, Umuyobozi wungirije ushinzwe ibikorwa muri NAEB, yabwiye RBA ko hazahabo inyongera ya 26%, ubwo yavugaga ibimaze kugerwaho muri gahunda ya Guverinoma y’imyaka 7 (NST1).

Yavuze ko mu mwaka 2022-2023 ikawa yogeje neza yoherezwa mu mahanga yari igeze kuri 78.3%.

Bivuze ko habayeho inyongera ya 24.3%. Ikawa yoherezwa mu mahanga yavuye kuri 54% by’iyoherezwa mu mahanga igera kuri 78.3%.

Ubuso buhinzeho ikawa intego yari ukuva kuri hegitari 37,500 bukagera kuri hegitari 40,000. NAEB igaragaza ko habayeho inyongera za hegitari 2,500.

Mu mwaka wa 2022-2023 ubuso buhingwaho ikawa bwari bumaze kugera kuri hegitari 42,229 bingana na 105.5%.

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA