Guverinoma y’u Rwanda yavuguruye ingengo y’imari y’umwaka wa 2025/2026, irayigabanya igera kuri miliyari 6.952,1 Frw, aho hagabanyutse miliyari 80,4 Frw, hashingiwe ku micungire myiza y’imari no ku kwimukira ku buryo bwo kubona inguzanyo zihendutse zo gutera inkunga imishinga minini y’Igihugu.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi yatangaje ko izi mpinduka zatewe cyane no kubona inguzanyo zifite inyungu nke (concessional financing) n’iz’imbere mu gihugu zihendutse zizifashishwa mu mishinga irimo uw’Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege gishya cya Kigali, ndetse no kwishyura umwenda wa RwandAir bikazimurirwa mu mwaka w’ingengo y’imari utaha.
Izi ngamba zombi hamwe zagabanyije amafaranga yagombaga kuguzwa mu ngengo y’imari angana na miliyari 645,4 Frw.
Ageza ku Nteko rusange y’Umutwe w’Abadepite iyo ngengo y’imari ivuguruye, Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Yusuf Murangwa, yavuze ko izi mpinduka zishingiye ku isuzuma ryimbitse ryakozwe harebwa aho ishyirwa mu bikorwa rigeze ndetse n’imiterere y’ingengo y’imari n’uburyo bwo kuyishakira amafaranga mu gihe gisigaye cy’umwaka w’ingengo y’imari.
Depite Deogratias Bizimana Minani yabajije impamvu ingengo y’imari yagenewe Icyiciro cya Kabiri cy’Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali yagabanyijwe.
Yagize ati: “Kuki habayeho kugabanya amafaranga kandi ingengo y’imari yari yamaze kwemezwa? Ese imibare ya mbere yari itarabaruwe neza, cyangwa ibiciro by’ibikoresho by’ubwubatsi byaragabanyutse? Kuko iri tandukaniro si rito.”
Minisitiri Murangwa yasobanuye ko igabanyuka ry’ingengo y’imari ritaturutse ku makosa yakozwe mu igenamigambi, ahubwo rishingiye ku kuba harabonetse uburyo bwo kubona inguzanyo ku nyungu nto kurushaho.
Yagize ati: “Igihe twateguraga ingengo y’imari ya mbere, twashyizemo igishushanyo kireba ibihe bibi bishobora kubaho (worst-case scenario). Twatekereje ko bishobora gusaba kuguza mu mabanki y’ubucuruzi, aho inyungu ziba ziri hejuru. Muri icyo gihe, twari twateganyije hafi miliyoni 400 z’amadolari ya Amerika zagenewe umushinga w’ikibuga cy’indege.”
Yakomeje asobanura ko ibiganiro Leta yagiranye na Banki y’Isi byatumye haboneka uburyo bwo kubona inguzanyo ku nyungu nto kurushaho.
Yagize ati: “Banki y’Isi yemeye gutanga 95% by’amafaranga akenewe, binyuze mu nguzanyo zifite inyungu nke (concessional loans) kandi tukazajya tubona amafaranga yose igihe azaba akenewe. Mbere twari duteganyijwe kuyahabwa muri Kamena cyangwa Nyakanga umwaka utaha, ariko ubu igihe cyo kuyabona kiroroshye kandi kirahinduka bitewe n’uko azaba akenewe.”
Yavuze ko iri vugurura ritazadindiza ibikorwa byo kubaka ikibuga cy’indege.
Ati: “Ni yo mpamvu amafaranga yagenewe ikibuga cy’indege yagabanyutse mu ngengo y’imari, mu gihe ayagenewe izindi nzego z’ingenzi yiyongereye.”
Iri vugurura rinagaragaza igabanyuka rya miliyari 198 Frw mu ngengo y’imari isanzwe ikoreshwa (recurrent budget), iva kuri miliyari 4.312,9 Frw igera kuri miliyari 4.114,9 Frw.
Nk’uko Minisitiri Murangwa yabisobanuye, iri hinduka rishingiye ku mpinduka mu kwishyura imyenda ya Leta, inkunga zitangwa, amafaranga ava mu bigo bya Leta, ndetse n’akoreshwa mu kugura ibikoresho na serivisi.
Hagati aho, amafaranga y’ishoramari n’iterambere yiyongereyeho miliyari 253,2 Frw, agera kuri miliyari 2.115,8 Frw. Minisitiri Murangwa yavuze ko uku kwiyongera kugaragaza ubushake bwa Leta bwo gukomeza guteza imbere ibikorwa remezo no gushyira imbaraga mu byihutirwa ku rwego rw’Igihugu.
Amafaranga azaturuka hanze y’igihugu (external financing) ateganyijwe kwiyongeraho miliyari 250,5 Frw, ahanini biturutse ku nkunga n’inguzanyo zifite inyungu nke zigamije gushyigikira imishinga y’iterambere.
Ku rundi ruhande, imisoro n’andi mafaranga akusanywa imbere mu gihugu byongereweho miliyari 41 Frw, bigaragaza umusaruro mwiza mu kwinjiza imisoro no gukomeza kuzamuka kw’ubukungu.
Murangwa yashimangiye ko iri vugurura atari ugusubira inyuma mu ntego z’ingengo y’imari, ahubwo ari uguhuza igenamigambi n’imiterere nyayo y’amafaranga azaboneka, hagamijwe kunoza ishyirwa mu bikorwa ry’ingengo y’imari.
Nyuma y’ibiganiro, Abadepite bose batoye bashyigikira ingengo y’imari ivuguruye, biha Guverinoma uburenganzira busesuye bwo kuyishyira mu bikorwa mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2025/2026.


