Ikipe ya AS Kigali yakiriye abakinnyi bashya 10 inerekana muri rusange abakinnyi bose ndetse n’imyambaro izakoresha muri uyu mwaka w’imikino wa 2022-2023.Uyu muhango wabaye ku wa Gatanu taliki 12 Kanama 2022.
Aba bakinnyi bashya uko ari 10 barimo Tuyisenge Jacques wavuye muri APR FC, Man-Yakre Dangmo ukomoka muri Cameroun, Dusingizimana Gilbert wavuye muri Kiyovu Sports, Akayezu Jean Bosco wavuye muri Etincelles FC, Rucogoza Elias wavuye muri Bugesera FC, Ochieng Lawrence Juma ukomoka muri Kenya, Ndikumana Landry ukomoka i Burundi, Nyarugabo Moïse wavuye muri Mukura, umunyezamu Otinda Frederick Odhiambo ukomoka muri Kenya na Satulo Edward ukomoka muri Uganda.
Uretse aba bakinnyi bashya bakiriwe hanerekanwe abakinnyi bose muri rusange iyi kipe ya AS Kigali izifashisha mu mwaka w’imikino wa 2022-2023. Aba ni abanyezamu babiri, Ntwari Fiacre na Rugero Chris, abandi ni Rukundo Denis, Bishira Latif, Uwimana Guillain, Kayitaba Jean Bosco, Niyonzima Haruna, Shabani Hussein “Tchabalala”, Rugirayabo Hassan, Mugheni Kakule Fabrice, Kalisa Rachid, Kwitonda Ally, Niyonzima Olivier “Seif” na Ahoyikuye Jean Paul.

Abakinnyi batagaragaye muri uyu muhango kubera uburwayi ni Rugwiro Hervé na Ekwa Serge gusa bari ku rutonde rw’abakinnyi 26 AS Kigali izifashisha.
Umutoza mukuru wa AS Kigali ni Cassa Mbungo André wungirijwe na Mbarushimana Shabani naho Maniraguha Claude ni we mutoza w’abanyezamu. Hakizimana Corneille ni we ushinzwe kongerera ingufu abakinnyi.
Iyi kipe ya AS Kigali yamuritse imyambaro izakoresha mu gihe izaba iri mu rugo, igihe yasuye ndetse n’umwambaro wa gatatu.
Perezida w’ikipe ya AS Kigali, Shema Fabrice yatangaje ko iyi kipe mu myaka 20 ikomeje kwiyubaka intego bafite ari ugukomeza kwitwara neza cyane cyane ko ubu ari bo bamaze igihe begukana igikombe cy’Amahoro “Peace Cup”.

Yakomeje avuga ko intego ubu bihaye ari uko bagomba no gutwara igikombe cya shampiyona iyi kipe itaratwara na rimwe.
Shema yashimiye abakinnyi ndetse n’abatoza ku muhate wabo mu gufasha kwitwara neza ndetse anashimangira ko bazakomeza gufatanya kugira ngo ikipe izagere ku ntego yihaye.
Ikipe ya AS Kigali nyuma yo kwegukana igikombe cy’Amahoro 2022 ni yo izahagararira u Rwanda mu mikino y’Afurika y’amakipe yitwaye neza iwayo “TotalEnergies CAF Confederation Cup 2022-2023”. Iyi kipe izahura na ASA Telecom yo muri Djibouti, umukino ubanza uzabera muri Djibouti hagati y’italiki 09 na 11 Nzeri 2022 naho uwo kwishyura ubere mu Rwanda hagati y’italiki 16 na 18 Nzeri 2022.
Umutoza mukuru w’ikipe ya AS Kigali, Cassa Mbungo André yatangaje ko barimo kwitegura neza kandi bizeye ko bazitwara neza bakagera kure hashoboka.

Mbere yo gutangira shampiyona y’icyiciro cya mbere ya 2022-2023, ikipe ya AS Kigali kuri iki cyumweru taliki 14 Kanama 2022 izakina na APR FC mu mukino w’igikombe kiruta ibindi “Super Cup 2022” . Uyu mukino uhuza ikipe yegukanye shampiyona n’iyegukanye igikombe cy’Amahoro uzabera kuri Sitade ya Kigali I Nyamirambo saa cyenda (15h00).
Iyi kipe ya AS Kigali ni yo yegukanye iki gikombe kiruta ibindi muri 2019 ubwo yatsindaga ikipe ya Rayon Sports kuri penaliti 3-1 nyuma yo kunganya ibitego 2-2.
Ku mukino w’umunsi wa mbere wa shampiyona ya 2022-2023, ikipe ya AS Kigali izakira Etincelles FC kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo.