Abahize abandi muri shampiyona y’u Rwanda 2023/24 bagiye gushimirwa
Siporo

Abahize abandi muri shampiyona y’u Rwanda 2023/24 bagiye gushimirwa

SHEMA IVAN

August 7, 2024

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwatangaje ko ibirori byo guhemba abahize abandi mu mwaka w’imikino wa 2023/24, bizaba ku wa Gatanu, tariki ya 9 Kanama 2024, saa kumi n’ebyiri n’igice z’umugoroba.

Ku ikubitiro, ibi birori byo gutanga ibihembo ku bakinnyi n’abatoza bitwaye neza mu mwaka w’imikino wa 2023/24, byagombaga kubera muri Kigali Serena Hotel ku wa 15 Kamena 2024.

Gusa, Rwanda Premier League yatangaje ko iki gikorwa cyimuriwe ku wa 9 Kanama kuko cyahuriranye n’umukino wa gicuti wiswe “Umuhuro mu Mahoro”wahuje APR FC na Rayon Sports kuri Stade Amahoro ugamije gusogongera iyi yakira abantu ibihumbi 45 ivuye ku bihumbi 25.

Kuri ubu, Rwanda Premier League igiye guhemba ibyiciro 16 birimo abatoza, abakinnyi n’abanyamakuru bahize abandi mu mwaka w’imikino wa 2023/24 mu birori bizabera ku cyicaro cy’Urwego rw’Igihugu rw’Itangazamakuru (RBA) bigatambuka imbonankubone kuri Televiziyo Rwanda na KC2.

Ibihembo bigiye gutangwa nyuma y’itora ryakorewe ku rubuga rwa internet aho amajwi y’abafana azaba afite 10%, ku mbuga nkoranyambaga aho amajwi azaba afite 10% ni mu gihe akanama nkemurampaka kazaba gafite 80%.

Abatsinze ibitego byinshi

Aha ho nta matora azaba kuko Ani Elijah wa Bugesera FC na Victor Mbaoma wa APR FC bombi batsinze ibitego 15 muri Shampiyona akaba ari bo batsinze ibitego byinshi.

Buri umwe azahabwa igikombe ariko igihembo cya miliyoni 3 Frw bazakigabana, buri umwe azahabwa miliyoni 1,5 Frw.

Umutoza w’umwaka

Thierry Froger (APR FC)

Habimana Sosthène (Musanze FC)

Ahfamia Lofti (Mukura VS)

Umukinnyi w’umwaka

Ruboneka Jean Bosco (APR FC)

Ani Elijah (Bugesera FC)

Muhire Kevin (Rayon Sports)

Umunyezamu w’umwaka

Pavelh Ndzila (APR FC)

Nicolas Ssebwato (Mukura VS)

Nzeyurwanda Djihad (Kiyovu Sports)

Umukinnyi mwiza ukiri muto (harebwe abari munsi y’imyaka 21)

Iradukunda Elie (2006) – Mukura VS

Iradukunda Pascal (2005) – Rayon Sports

Muhoza Daniel (2006) – Etoile del’Est

Igitego cy’umwaka

Tuyisenge Arsène /Rayon Sports (Muhazi United vs Rayon Sports

Muhoza Daniel / Etoile del’Est (Etoile de l’Est vs Marines)

Ishimwe Jean René /Marines FC (APR FC vs Marines)

Umukinnyi w’umwaka mu bagore

Umukinnyi w’umugore watsinze ibitego byinshi

Umutoza w’umwaka w’umugore

Umusifuzi w’umwaka w’umugabo

Umusifuzi w’umwaka w’umugore

Umunyamakuru w’umwaka w’umugabo

Karenzi Sam (Fine FM)

Rugaju Reagan (RBA)

Kayiranga Ephrem (Ishusho TV)

Hitimana Claude (Radio10)

Niyibizi Aimé (Fine FM)

Kayishema Thierry (RBA)

Rugangura Axel (RBA)

Umunyamakuru w’umwaka w’umugore

Rigoga Ruth (RBA)

Ishimwe Adélaïde (TV10)

Ikiganiro cya Radio cy’umwaka

Urubuga rw’Imikino (RBA)

Urukiko (Radio10)

Urukiko rw’Ubujurire (Fine FM)

Ikiganiro cya televiziyo cy’umwaka

Kickoff (RBA)

Bench ya Siporo (Isibo TV)

Zoom Sports (TV10)

I Sports (Ishusho TV)

Ikinyamakuru cyandika cy’umwaka

IGIHE

Inyarwanda

Isimbi

The New Times

Rwanda Magazine

Ibicyiro 16 ni byo bizatoranywamo abahize Abandi muri shampiyona ya 2023/24

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA