Abanyarwanda baraburirwa kwirinda ubwambuzi bushukana ku guhuza mubazi na Mobile Money
Amakuru

Abanyarwanda baraburirwa kwirinda ubwambuzi bushukana ku guhuza mubazi na Mobile Money

NYIRANEZA JUDITH

December 11, 2025

Muri iyi minsi hagaragara abantu b’abatekamutwe bakora ubwambuzi bushukana, babinyujije ku mbuga nkoranyambaga bakabwira abantu guhuza mubazi na Mobile Money, abaturarwanda bakaba bakangurirwa gushishoza, kuko iyo serivisi itemewe, atari ukuri.

Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu REG, irakangurira abafatabuguzi bayo kwirinda ubwambuzi bushukana burimo gukorerwa ku mbuga nkoranyambaga buyitirirwa cyangwa se abo batubuzi bagahamagara bigize nk’abakozi ba REG bakavuga ko REG irimo guhuza mubazi (cashpower) hamwe na Mobile Money ku buryo iyo uguze umuriro uhita ugabanyirizwa.

Aba batubuzi bakoze umuyoboro (link) bagenda bashyiraho ibibazo bijyanye na serivisi REG itanga maze bakakubwira ko iyo usubije neza, uhabwa ‘token’ z’amashanyarazi nk’impano REG irimo gutanga y’iminsi mikuru ya Noheri n’Ubunani.

Birangira ubahaye nimero yawe ngo bazaguheho ‘token’, noneho kuko biba ari ubujura iyo nimero barayifata bakaguhamagara bakwibutsa ko watsindiye guhabwa amashanyarazi ndetse ko bagiye kukubwira ibyo ukurikiza kugira ngo izo ‘token’ zize kwijyana muri mubazi.

Icyo kigo gikomeza gisobanura ko hari n’abandi bahamagara abakiliya biyitirira ko ari abakozi ba REG, bakababeshya ko hari ibarura ririmo gukorwa ngo cashpower zihuzwe  n’umubare w’ibanga wa Mobile Money kugira ngo umukiliya ajye agabanyirizwa uko aguze umuriro, ibyo nabyo ni ibinyoma!


Iyo umaze kubaha PIN yawe cyangwa andi makuru akwerekeye bahita babona uko biba amafaranga kuri telefoni yawe.

REG yibukije ko nta mukozi wayo bwite uzigera asaba umukiliya umubare w’ibanga ya Mobile Money, amakuru ya banki cyangwa andi makuru y’ibanga na rimwe kugira ngo amuhe serivisi.

Umuyobozi Ushinzwe guhuza REG n’abafatanyabikorwa bayo, bwana Geoffrey Zawadi, atanga ubutumwa agira ati“Turasaba abaklriya bacu bose kugira ubushishozi, REG ntigira gahunda n’imwe yo kugabanya ibiciro by’amashanyarazi kuko biba byarashyizweho n’Urwego Ngenzuramikorere (RURA).

Urwo rwego ni rwo rufite ububasha ku bijyanye n’ibiciro by’amashanyarazi, ibindi byose mwumva aba ari ubutubuzi bugamije kwiba abaturage.”

Yakomeje asaba abafatabuguzi ba REG kuba maso ndetse no kudashukwa n’ibyo umuntu abonye ku mbuga nkoranyambaga.

Sosiyete y’u Rwanda Ishinzwe Ingufu REG igira abantu inama zirimo kutemera ibintu byose umuntu abwiwe atabanje kugenzura ukuri kwabyo no kubanza ugasura urubuga rwa REG ndetse n’izindi mbuga nkoranyambaga zayo kuko ari zo ziriho amakuru yizewe.

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA