Abaramyi Chryso Ndasingwa na Sharoni Gatete babana nk’umugore n’umugabo batangaje ko bamaze kugera mu gihugu cy’u Bubiligi aho bagiye gutangira imyiteguro y’Igitaramo bahafite tariki ya 23 Ugushyingo 2025.
Aba bombi bahagurutse ku Kibuga Mpuzamahanga cya Kigali i Kanombe mu gitondo cyo ku wa Kabiri tariki 18 Ugushyingo 2025.
Yifashishije imbuga nkoranyambaga Sharoni Gatete yamenyesheje abamukurikira ko urugendo rwabo rwagenze neza ndetse bagezeyo amahoro.
Yanditse ati: “Twururutse kandi tuhagera amahoro, icyubahiro n’icy’ Imana. Ubu noneho dutegure imitima yacu ku bwa ‘Wahinduye ibihe Live Concert kuri iki Cyumweru’ [izina ry’igitaramo cyabo] ikaze mwese harabura iminsi ine gusa tugatarama.”
Kuva abo baramyi batangira urugendo rwo kuririmbana nk’itsinda, ni ubwa mbere bagiye gukorana igitaramo kuko mbere y’uko bakora ubukwe buri wese yaririmbaga ku giti cye.
Mu biganiro baherutse kugaragaramo Chryso Ndasingwa yavuze ko nyuma yo kuva i Burayi, bafite ibitaramo bibiri mu Rwanda mbere y’uko umwaka urangira kandi ko mu ntangiriro za 2026 bazasohora album bahuriyeho.

