Abasifuzi 18 b’Abanyarwanda bashyizwe ku rwego Mpuzamahanga rwa 2026
Amakuru

Abasifuzi 18 b’Abanyarwanda bashyizwe ku rwego Mpuzamahanga rwa 2026

SHEMA IVAN

December 20, 2025

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA), ryemeje ko abasifuzi 18 b’Abanyarwanda bari ku rutonde rw’abasifuzi mpuzamahanga rwa 2026.

Ni amakuru yashyizwe ahagaragara n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 20 Ukuboza 2025.

Ubusanzwe mu mpera z’umwaka, FIFA isohora urutonde rw’abasifuzi baba bari ku rwego mpuzamahanga, aho hari ababa bavanywemo cyangwa abarwongeweho.

Kuri iyi nshuro, kuri urwo rutonde u Rwanda rufitemo abasifuzi 18 barimo abagabo 11 n’abagore barindwi.

Mu bagabo harimo Uwikunda Samuel, Ishimwe Jean Claude, Twagirumukiza Abdoul Karim, Rurisa Patience Fidele, Nsabimana Celestin, Ishimwe Didier, Mugabo Eric, Karangwa Justin, Ndayisaba Saidi Hamisi na Habumugisha Emmanuel.

Abagore ni Umutoni Aline, Byukusenge Henriette, Umutesi Alice, Akimana Juliette, Murangwa Usenga Sandrine na Mukayiranga Regine.

Kuri uru rutonde hariho kandi Mukansanga Salim Rhadia usanzwe ari umwe mu bazi gukoresha Ikoranabuhanga ry’Amashusho (VAR Video Assistant Referee).

Uwikunda Samuel yongeye gushyirwa ku rutonde rw’abasifuzi Mpuzamahanga ba FIFA 2026
Akimana Juliette uri mu bari kwitwara neza, yongeye kwisanga ku rutonde rwa FIFA
Umutoni Aline mu Banyarwandakazi babiri basifura hagati bari ku rutonde rwa FIFA
Rurisa Patience Fidèle na we ari mu basifuzi Mpuzamuhanga ba FIFA
Twagirumukiza Abdoul Karim uri mu bamaze igihe yongeye kwisanga mu rutonde rw’abasifuzi mpuzamahanga

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA