Abaturage basubijwe moto bavuga ko bari baratakaje icyizere cyo kuzibona
umutekano

Abaturage basubijwe moto bavuga ko bari baratakaje icyizere cyo kuzibona

KAYITARE JEAN PAUL

October 15, 2025

Bamwe mu baturage bibwe moto mu bihe bitandukanye, bavuga ko nta cyizere bari bafite cyo kuzabona moto zabo. Bashimira polisi y’u Rwanda yashoboye gufata moto zabo bakaba bazibonye.

Babigarutseho kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Ukwakira 2025, ubwo polisi yabasubizaga moto zabo zibwe.

Uwizeyimana Joseph wasubijwe moto ye, yavuze ko moto ye yaburiye ku mumotari wayikoreshaga, ayibiwe ahantu yari aparitse.

Yayibwe mu 2021 nyuma haduka icyorezo cya Covid-19 ntiyabona uko ahita ayikurikirana ariko nyuma ajya gutanga ikirego kuri polisi.

Akomeza asobanura uko yaje kuyibona. Agira ati: “Muri iyi minsi polisi yaramampagaye, banyoherereje ubutumwa bugufi kuri telefoni ngo ninze ndebe ikinyabiziga cyanjye cyabuze.

Ndebye kuri pulake nsanga barayihinduye bangira inama yo kureba kuri sashe, ndebye nsanga inumero ihuye n’iy’ikinyabiziga nabuze ndetse na pulake za mbere narimfite.”

Avuga yishimye kandi agashimira polisi ubwitange igira bwo gukurikirana imitungo y’Abanyarwanda iba yibwe.

Akomeza agira ati: “Mu myaka Ine yari ishize, kugira ngo wongere ubone ikinyabiziga cyawe, ukibone kumugaragaro bakubwira ngo ngwino ugifate, ni ibintu bishimishije cyane kandi turashimira polisi ubwitange igira.”

Ibi abihuriraho na Eugène Niyitanga na we wasubijwe moto ye. Agaragaza ko yibwe mu gihe yatwarwaga n’umushoferi akaza kugira ikibazo agatobokesha.

Ahamya ko uwo mushoferi we yayiparitse agiye gushaka umukanishi, hahita haza undi muntu arayiyitirira arayitwara.

Yayibwe ku wa 22 Ukuboza 2024, amaze kuyibura atanga ikirego, ubu amakuru meza kuri we ngo ni uko moto ye yabonetse kandi yamaze kuyisubizwa na polisi.

Ati: “Mu by’ukuri njye nishimye kuko nongeye kubona ikinyabiziga cyanjye, nshimira n’ubuyobozi bwa polisi yacu.”

Akiyibura yumvaga nta cyizere afite cy’uko moto ye izaboneka ariko agashimira polisi yagerageje gukora akazi kayo kandi neza.

Yahamirije Imvaho Nshya ko moto ye yaburiye mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Runda ahitwa i Gihara mu Ntara y’Amajyepfo.

Ineza Claire avuga ko moto ye yari ifitwe n’umushoferi, ajya gusenga ayishyira aho yari asanzwe ayishyira agarutse asanga bayitwaye. Icyo gihe hari ku wa 20 Ukuboza 2024, yibirwa Kicukiro.

Asobanura ko abibye moto ye bafashe ibirango bya pulake bakabihindura, ahari 8 bahinduramo 3 ahari inyuguti ya I bayihinduramo B.

Yihutiye gutanga ikirego. Ku wa Mbere tariki 13 Ukwakira 2025 yakiriye telefoni imubwira ko hari moto zafashwe, polisi imusaba kuza akareba niba harimo moto ye.

Yagezeyo asanga moto ye irahari ariko yarashaje. Ineza avuga ko yishimye cyane kandi agashimira polisi yagaruje moto ye yari imaze umwaka yarabuze.

Agira ati: “Numvaga mfite icyizere ariko ntabiha agaciro ko nzayibona ariko ejobundi nagiye kubona mbona baramampagaye.

Nshimira polisi cyane kuko njye nta ruhare nabigizemo, nagiye kumva numva baramampagaye gusa ntabwo natekerezaga ko iyi moto nzongera kuyibona.”

Abantu babura ibinyabiziga byabo bagahitamo kwicecekera, abagira inama yo kwihutira gutanga ikirego kuko ngo haba hari amahirwe yo kuzabona ibinyabiziga byabo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ACP Boniface Rutikanga, avuga ko hasubijwe ibinyabiziga 5 ku bantu batandukanye bari baribwe ibinyabiziga byabo.

Yongeraho ko mu minsi ishize hari ibindi binyabiziga bigera kuri Bitandatu polisi iherutse gusubiza ba nyirabyo.

ACP Rutikanga agaragaza ko hari ibinyabiziga byinshi biparitse mu Gatsata byagiye bibura ba nyirabyo, akongeraho ko hari ababibura ibinyabiziga byabo bagatanga ibirego abandi bagahitamo guceceka.

Muri uyu mwaka wa 2025, polisi y’u Rwanda imaze gusubiza abantu moto 16 zabo zari zaribwe.

Umuvugizi wa Polisi, ACP Rutikanga avuga ko ahaparitse moto zirimo n’izafashwe zaribwe, iyo zigiye gutezwa cyamunara, uje agasanga harimo ikinyabiziga cye, icyo gihe ntigitezwa cyamunara ahubwo gisubizwa nyiracyo mu gihe agaragaje ibyangombwa byacyo.   

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga

Amafoto: RNP

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA