Achraf Hakimi yegukanye igihembo cy’umukinnyi mwiza w’Umunyafurika wa 2025
Siporo

Achraf Hakimi yegukanye igihembo cy’umukinnyi mwiza w’Umunyafurika wa 2025

SHEMA IVAN

November 19, 2025

Myugariro w’Ikipe y’Igihugu ya Maroc na Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa, Achraf Hakimi, yegukanye igihembo cy’umukinnyi mwiza w’Umunyafurika mu mwaka wa 2025.

‎Ni mu bihembo byatanzwe n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika, CAF.

‎Uyu muhango wo guhemba abakinnyi bitwaye neza ku Mugabane wa Afurika wabaye mu ijoro ryo ku wa Gatatu, tariki 19 Ugushyingo 2025, i Rabat muri Maroc witabirwa n’abanyabigwi mu mupira nyafurika barimo Emmanuel Adebayor, Asamoah Gyan n’abandi.

‎Abawitabiriye basusurukijwe Awilo Longomba na Douaa Lahyaoui.

‎Achraf Hakimi yegukanye iki gihembo ku nshuro ya mbere, nyuma yo kugira umwaka mwiza cyane mu Ikipe ya Paris Saint-Germain aho yayihesheje ibikombe  bitanu birimo UEFA Champions League yatwaye bwa mbere mu mateka yayo.

‎Hakimi, yegukanye iki gihembo ahigitse bagenzi be bari bahanganye ari bo Victor Osimhen ukomoka muri Nigeria na Mohammed Salah wo mu Misiri.

‎Uyu mugabo yiyongereye ku bandi begukanye iki gihembo nka Yaya Touré wagihawe inshuro enye (2011, 2012, 2013 na 2014), Samuel Eto’o (2003, 2004, 2005 na 2010) naho El Hadji Diouf, Nwankwo Kanu na Didier Drogba, Mohamed Salah na Sadio Mané bagitwaye inshuro ebyiri buri umwe, Victor Osimhen, Ademola Lookman, bagifite inshuro imwe.

‎Mu bagore, umukinnyi wahize abandi mu 2025 yabaye Umunya-Maroc Ghizlane Chebbak ukinira Al Hilal yo muri Arabie Saoudite.

‎Ibindi bihembo byatanzwe

‎Umukinnyi ukiri muto utanga icyizere yabaye Umunya-Maroc Othmane Maamma ukinira Watford yo mu cyiciro cya kabiri mu Bwongereza. Ni nyuma yo guhesha igihugu cye igikombe cy’Isi cy’abatarengeje imyaka 20 muri uyu mwaka.

‎Ni mugihe mu bagore yabaye umunya-Morocco Doha El Madani wegukanye iki gihembo ku nshuro ya kabiri yikurikiranya.

‎Nigeria yabaye ikipe y’igihugu y’umwaka mu bagore mu gihe mu bagabo iya Marco U 20 yegukanye igikombe cy’Isi 2025.

‎Ikipe yitwaye neza mu marushanwa y’umwaka ku makipe ( Clubs) yabaye Pyramids FC yo mu Misiri naho umukinnyi mwiza imbere muri Afurika yabaye Umucengo Fiston Mayele ukinira Pyramids FC.

‎Umuzamu mwiza w’umwaka mu bagabo yabaye Umunya-Maroc Yassine Bounou naho mu bagore yongeye kuba umunya Nigeria Chiamaka Nnadozie ukinira Brighton yo mu Bwongereza wegukanye iki gihembo ku nshuro ya gatatu yikurikiranya (2023, 2024 na 2025).

‎Umutoza w’umwaka mu bagabo yabaye Umunya-Cape Verde Bubista wanditse amateka yo guhesha igihugu  cye bwa mbere itike y’Igikombe cy’Isi kizaba mu 2026.

‎Umukinnyi watsinze igitego cy’umwaka yabaye Clement Mzize ukinira Young Africans yo muri ya Tanzania.

‎Umusifuzi w’umwaka mu bagabo yabaye Umunya-Somalia Omar Artan naho mu bagore ni Umunya-Uganda Shamirah Nabadda.

‎CAF kandi yahembye Abayobozi Bakuru b’Ibihugu bagize uruhare mu iterambere ry’umupira w’amaguru ku Mugabane wa Afurika barimo Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, Perezida wa Tanzania, Samia Hassan na Perezida wa Kenya, William Ruto.

Achraf Hakimi yabaye yabaye Umukinnyi Mwiza w’Umunyafurika mu 2025
Achraf Hakimi yitabiriye ibirori byo guhemba abitwaye neza muri Afurika ari kumwe na Nyina hamwe na murumuna we
Bubista, umutoza wa Cape-Verde yatowe nk’umutoza mwiza muri Afurika mu mwaka wa 2025
Pyramids FC yabaye ikipe y’umwaka muri Afurika
Achraf Hakim na Ghizlane Chebbak babaye abakinnyi beza b’Abanyafurika mu 2025
Yassine Bounou yabaye umunyezamu mwiza muri Afurika
Chiamaka Nnadozie yabaye umunyezamu mwiza ku nshuro ya gatatu yikurikiranya
Fiston Mayele wa Pyramids yabaye umukinnyi mwiza imbere muri Afurika

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA