Kuri uyu wa Gatanu, Afghanistan yashinje Pakistan kugaba ibitero mu Murwa Mukuru Kabul no mu Ntara ebyiri zegereye umupaka uri mu Burasirazuba bw’icyo guhugu bigahatina abasivili 6 abandi 15 bagakomereka.
Ku ruhande rwa Pakistan yo yavuze ko yagabye ibitero bigamije gusenya ahacumbitse imitwe y’iterabwoba no ku bikorwa byazo muri Kabul no mu Ntara ziri ku mupaka, ndetse no ku bubiko bw’amavuta buri ku kibuga cy’indege cya Kandahar.
Umuvugizi wa Polisi mu Murwa Mukuru Kabul, Khalil Zadran yavuze ko abantu bane biciwe mu Mujyi mu gihe abandi 2 baguye mu Ntara, naho 15 barakomereka barimo abana n’abagore nyuma yuko bagabweho ibyo ibitero.
Amakuru yagenzuwe n’Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP yagaragaje ko hari inzu imwe yasenyutse burundu i Kabul ariko hari n’izindi zigera ku icumi zangiritse inkuta n’ibisenge.
Muri Werurwe Pakistan yatangije ibikorwa bya gisirikare ivuga ko bigamije kurwanya imitwe y’intagondwa z’Abayisilamu zikomeje kubagabaho ibitero zicumbikiwe na Afghanistan.
Gusa ubutegetsi bwa Afghanistan bwahakanye ibyo bushinjwa, buvuga ko nta ruhare na ruto mu buryo ubwo ari bwo bwose bagira mu kugaba ibitero ku butaka bw’ikindi gihugu cyangwa gufasha imitwe y’intagondwa ikirwanya.
