Afurika y’Epfo: Abantu 9 baguye mu gitero cyagabwe mu kabari
Mu Mahanga

Afurika y’Epfo: Abantu 9 baguye mu gitero cyagabwe mu kabari

KAMALIZA AGNES

December 21, 2025

Inzego z’Umutekano muri Afurika y’Epfo zatangaje ko abantu 9 barimo abagabo barindwi n’abagore babiri bapfuye, abandi icumi bagakomereka, nyuma yuko barasiwe n’abagizi ba nabi mu kabari gaherereye i Bekkersdal, hafi y’Umujyi wa Johannesburg.

Polisi yatangaje ko icyo gitero cyagabwe  mu ijoro ryo ku wa 20 rishyira ku wa 21 Ukuboza 2025, n’abagabo 12 bataramenyekana baje mu modoka ebyiri bagahita batangira kurasa ku bantu bari muri ako kabari. 

Nyuma yo kurasa mu kabari, bivugwa ko bakomeje kurasa uko bishakiye n’ahandi hatandukanye bituma benshi bakangarana ndetse barahunga.

Afurika y’Epfo ni kimwe mu bihugu bikunze kubamo ubwicanyi bukabije ndetse imibare ya Polisi igaragaza ko hakurijwe impuzandengo yo muri Mata na Nzeri, abantu 63 bicwa buri munsi.

Ni ubwicanyi akenshi bukomoka ku bujura, ubwumvikane buke, ubugizi bwa nabi cyangwa ibikorwa by’imitwe yitwara gisirikare.

Umuyobozi wa Polisi wungirije muri ako gace, Maj-Gen Fred Kekana, yabwiye ikinyamakuru Newzroom Afrika ko abagabye igitero bari bitwaje imbunda nto, n’imbunda imwe yo mu bwoko bwa AK-47, kandi ko igitero cyabo kitaturutse ku mvururu.

Ishyirahamwe ry’Abatunze Imbunda muri Afurika y’Epfo rigaragaza ko imbunda zingana na miliyoni 3 zitunzwe mu buryo bwemewe n’amategeko ariko hakaba hari n’izindi zingana nkazo zitunzwe binyuranyije n’amategeko.

Icyo gitero kibaye mu gihe no mu ntangiriro z’uku kwezi, abantu 11 barimo n’umwana barasiwe mu icumbi barimo muri Pretoria.

Inzego ‘umutekano zatangiye iperereza kuri ubwo bwicanyi

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA