Al Hilal SC yageze muri ¼ cya CAF Champions League itsinze Saint-Éloi Lupopo
Siporo

Al Hilal SC yageze muri ¼ cya CAF Champions League itsinze Saint-Éloi Lupopo

SHEMA IVAN

February 14, 2026

Ikipe ya Al Hilal SC yo muri Sudani yatsinze Saint-Éloi Lupopo yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) igitego 1-0, ibona itike ya gukina imikino ya ¼ cya CAF Champions League ku nshuro ya Kabiri yikurikiranya.

Uyu mukino wa nyuma w’Itsinda C wabereye kuri Stade Amahoro kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 14 Gashyantare 2026.

Al Hilal SC yagiye gukina uyu mukino isabwa gutsinda cyangwa kunganya kugira ngo igere muri 1/4 cy’iri rushanwa Nyafurika ku nshuro ya kabiri yikurikiranya.

Ni mu gihe FC Saint-Éloi Lupopo yo yasabwaga gutsinda nibura ku kinyuranyo cy’ibitego bine, ariko igasaba ko Mamelodi Sundowns inganya na MC Alger, kugira ngo ibashe kurenga amatsinda.

Ni umukino watangiye amakipe yombi akinira cyane mu kibuga hagati bituma n’uburyo bwo kurema ibitego buba buke.

Mu minota 20, Al Hilal SC yongereye imbaraga isatira cyane Saint-Éloi Lupopo harimo ishoti rikomeye ryatewe na Ernest Luzolo ari hanze y’uburuga rw’amahina, ku mahirwe make umupira uca ku ruhande rw’izamu ujya hanze.

Iyi kipe ntiyacitse intege kuko ku munota wa 26, yafunguye amazamu ku mupira mwiza Abdelrazig Omer yacomekeye myugariro Steve Ebuela yinjira mu rubuga rw’amahina ahita atera ishoti umupira uruhukira mu rushundura.

Mu minota 40, iyi kipe yo muri Sudani yakomeje gusatira ishaka igitego cya kabiri ariko ikagorwa no kubyaza umusaruro amahirwe yabonaga imbere y’izamu.

Ku munota wa 44’ Saint-Éloi Lupopo yasigaye ari abakinnyi 10 nyuma yaho Junior Mendy yeretswe ikarita ya Kabiri y’umuhondo ku ikosa yari akoreye kuri Abdelrazig Omer.

Igice cya mbere cyarangiye Al Hilal SC yatsinze Saint-Éloi Lupopo igitego 1-0.

Saint-Éloi Lupopo yatangiranye impinduka mu igice cya kabiri, rutahizamu Maxwell Djoumekou asimbura Jean Benoit Tukumbane.

Muri iki gice, Al Hilal SC yakomeje gukina neza ishaka igitego cya kabiri ni mu gihe Saint-Éloi Lupopo yari yagowe no kwibona mu mukino dore ko guhererekanya umupira inshuro zirenze eshatu byayigoranga.

Ku munota wa 72’ Saint-Éloi Lupopo yibwiraga ko yabonye igitego cyo kwishyura ku mupira wahinduwe na Lumande Twite, usanga Maxwell Djoumekou awushyira mu izamu, ariko umusifuzi wo ku ruhande avuga ko habayeho kurarira.

Ku munota wa 75, Salaheldein Adil wa Al Hilal SC yabonye ikarita ya Kabiri y’umuhondo, bimuviramo itukura asohorwa mu kibuga.

Iminota 10 ya nyuma yihariwe na Saint-Éloi Lupopo yasatiraga ishaka igitego cyo kwishyura, ariko ubwugarizi bwa Al Hilal SC n’umunyezamu Farid Ouedraogo bakomeza guhagarara neza.

Umukino warangiye Al Hilal SC itsinze Saint-Éloi Lupopo igitego 1-0, ibona itike yo gukina imikino ya ¼
cya CAF Champions League ku nshuro ya kabiri yikurikiranya.

Iyi kipe yazamutse iyoboye Itsinda C n’amanota 11, ikurikiwe na Mamelodi Sundowns yatsinze MC Alger ibitego 2-0 ikagira amanota icyenda.

MC Alger na FC Saint-Éloi Lupopo za nyuma muri iri tsinda zasezerewe.

Abakinnyi ba Al Hilal SC bishimira igitego cya Steve Ebuela

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA