Al Hilal SC yanyagiye Rayon Sports ifata umwanya wa mbere muri Shampiyona
Amakuru

Al Hilal SC yanyagiye Rayon Sports ifata umwanya wa mbere muri Shampiyona

SHEMA IVAN

January 17, 2026

Ikipe ya Al Hilal SC yo muri Sudani yanyagiye na Rayon Sports ibitego 4-0 mu mukino w’umunsi wa 15 wa Shampiyona, ifata umwanya wa mbere ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona y’u Rwanda icyiciro cya mbere.

Uyu umukino wabereye kuri Sitade Amahoro, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 17 Mutarama 2026, witabirwa n’abafana bake, ugereranyije n’uko byari byitezwe dore ko ikipe ya Rayon Sports ari imwe mu zifite abafana benshi mu Rwanda.

Mbere y’umukino hafashwe umunota wo kwibuka Dr. Mugemana Charles wari umuganga w’Ikipe ya Rayon Sports, uherutse kwitaba Imana azize uburwayi yari amaranye igihe kirekire.

Ku munota wa 13, Al Hilal SC yari yamaze kubona igitego cya mbere cyatsinzwe na El Hadji Kane ndetse isoza igice cya mbere iyoboye n’igitego 1-0.

Mu igice cya kabiri, iyi kipe yakomeje kurusha Rayon Sports yagaragazaga imbaraga nke bidatsinze ku munota 46, yabonye igitego cya kabiri cyinjijwe na Sunday Damilare, icya gatatu cyabonetse ku munota wa 62, cyinjijwe na Mohamed Yousif Yagub mu gihe Girumugisha Jean Claude yashyizemo icya kane ku munota wa 90+4.

Umukino warangiye Al Hilal SC inyagiye Rayon Sports ibitego 4-0, ifata umwanya wa mbere n’amanota 35 nyuma y’imikino 15 imaze gukina. Iyi kipe izigamye ibitego 29. Iyi kipe yo muri Sudani irarusha inota rimwe Police FC ya kabiri n’amanota 34.

Rayon Sports ikomeje kuba habi, yagumye ku mwanya wa cyenda n’amanota 24, aho izasubira mu kibuga ikina na Al- Merrikh na yo muri Sudani, ku wa Gatatu, tariki ya 21 Mutarama 2026, mu mukino w’umunsi wa 16 wa Shampiyona.

Abakinnyi ba Al Hilal SC babanje mu kibuga
El Hadji Kane ubanza iburyo yishimira igitego cya mbere yatsindiye Al Hilal SC
Mbere y’uko umukino hafashwe umunota wo kwibuka Dr Mugemana Charles wari umuganga wa Rayon Sports uherutse kwitaba Imana
Tambwe Gloire ahanganye na Ernest Luzolo Sita
Abakinnyi ba Al Hilal SC bishimira igitego
Umunyezamu wa Rayon Sports, Mugisha Yves wari wagaruwe mu kibuga ntiyahiriwe

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA