Al-Merrikh yatsinze Al Hilal SC mu mukino uryoheye ijisho (Amafoto)
Siporo

Al-Merrikh yatsinze Al Hilal SC mu mukino uryoheye ijisho (Amafoto)

SHEMA IVAN

February 17, 2026

Al-Merrikh yatsinze Al Hilal SC ibitego 2-1 mu mukino w’ikirarane w’Umunsi wa 15 wa Shampiyona y’u Rwanda, yongera kubona intsinzi nyuma y’imikino itandatu yikurikiranya idatsinda muri Shampiyona.

Uyu mukino w’ishiraniro hagati y’aya makipe y’abakeba bo muri Sudani wabereye kuri Stade Amahoro ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 17 Gashyantare 2026.

Ni umukino warimo ishyaka n’amakosa menshi, Al-Merrikh yavunikishije abakinnyi babiri mu minota 30 ya mbere, umwe muri bo ajyanwa kwa muganga.

Iyi kipe yahize ikora impinduka zihuse Fady Sidick Coulibaly asimburwa na Elmossbah Faissalabakar Yahya na we wavunitse nyuma yo kugongana n’umunyezamu wa Al-Hilal, ahita ajyanwa kwa muganga.

Ku munota wa 45’ Al Merrikh SC yafunguye azamu ku mupira watewe nabi n’umunyezamu Farid Ouedraogo, ufatwa neza na Obino Chisala ahita awushyira mu izamu.

Ku munota wa 45+2, Al Hilal SC yashoboraga kubona igitego cyo kwishyura ku ishoti rikomeye ryatewe na Kindness Cole, umunyezamu Ladji Brahim Sanou awushyira muri Koruneri itagize icyo itanga.

Igice cya mbere cyarangiye Al Merrikh SC itsinze Al Hilal SC igitego 1-0.

Al Hilal SC yatangiranye impinduka enye mu igice cya kabiri Sunday Damilre, Kindness Cole, Elhadj kane na Ousmane Diouf basimburwa na Mohammed Yousif, Abdelrazig Omer, Mustafa Abdualgadr na Mamudu Kamaradini.

Izi mpinduka zafashije iyi kipe gusatira cyane ishaka igitego cyo kwishyura ariko ikagorwa no kwinjira mu bwugarizi bwa Al- Merrikh bwari buhagaze neza.

Ku munota wa 65’ Chikumbutso Salima yetezwe mu rubuga rw’amahina na Kamaradini Mamudu,umusifuzi Samuel Uwikunda yemeza ko ari Penaliti.

Iyi Penaliti yinjijwe neza Gilles Razafimaro atsindira Al Merrikh igitego cya kabiri.

Iyi kipe yakomeje guhererekanya neza hagati mu kibuga irusha cyane Al Hilal SC yagaragazaga imbaraga nke mu mikinire yayo bitandukanye n’imikino iheruka gukina.

Iminota 10 ya nyuma yihariwe na Al Hilal SC yashakaga kwishyura byibuze igitego kimwe muri bibiri harimo umupira Emmanuel Flomo yahawe yinjira mu rubuga rw’amahina, arebana n’umunyezamu, atera ishoti hejuru y’ozamu.

Mbere y’uko umukino urangira umusifuzi wa kane yongeyeho iminota ine y’inyongera.

Ku munota 90+1, Al Hilal SC yabonye igitego cya mbere cyo kwishyura ku mupira wahinduwe imbere y’izamu na Girumugisha Jean Claude, usanga Kapiteni Mohamed Yousif wari uhagaze ashyirah umutwe uruhukira mu izamu.

Nyuma y’imunota ibiri,Ahmed M’Bareck wa Al-Hilal yakorewe ikosa n’umunyezamu mu rubuga rw’amahina, Uwikunda atanga penaliti yatewe na Yousif, ariko Ladji Sanou ayikuramo.

Ku munota wa 90+4’ Salah Eldin Adil wa Al Hilal SC yeretswe ikarita itukura nyuma yo gukubita umutwe myugariro Daba Sogoba nta mupira bafite.

Umukino warangiye Al-Merrikh yatsinze Al Hilal SC ibitego 2-1, yongera kubona intsinzi nyuma y’imikino itandatu idatsinda.

Gutsinda uyu mukino byatumye Al-Merrikh igira amanota 37 ku mwanya wa gatatu, irushwa inota rimwe na Al-Hilal inganya amanota 38 na APR FC ya kabiri.

Abakinnyi Al Hilal SC yabanje mu kibuga
Abakinnyi Al-Merrikh yabanje mu kibuga
Abasifuzi Mpuzamahanga bayobowe na Samuel Uwikunda ni bo bayoboye uyu mukino w’abakeba bo muri Sudani
Uwikunda Samuel yatanze amakarita y’umuhondo muri uyu mukino wari ishiraniro
Umunyezamu Ladji Brahim Sanou yafashije cyane Al-Merrikh muri uyu mukino
Wari umukino w’imbaraga nyinshi hagati y’impande zombi
Gilles Razafimaro yishimira igitego cya kabiri yatsinze Kuri Penaliti

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA