Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 17 (Amavubi U 17) yasoje imikino ya CECAFA itsinzwe imikino yose yakinnye uko ari ine, itaha amara masa.
Ni mikino ihuza amakipe y’ibihugu y’abatarangije imyaka 17 b’ingimbi aho igamije kubona amakipe azitabira y’Igikombe cya Afurika, mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba CECAFA.
Umukino wa nyuma wo mu itsinda rya mbere yari iherereyemo, Amavubi yawukinnye kuri uyu wa Gatatu tariki ya 26 Ugushyingo 2025, ku kibuga cya Abebe Bikila Stadium kiri mu Mujyi wa Addis Ababa mu gihugu cya Ethiopia.
Uwo mukino warangiye Amavubi atsinzwe na Sudani y’Epfo ibitego 2-1.
Sudani y’Epfo yatsindiwe n’umunyezamu Daniel Lombe na Panom Juo ni mu gihe icya mavubi cyinjijwe na Nshimiyimana Olivier.
Iyi kipe itozwa na Lumumba Sosthene yasoje iri rushanwa nta mukino n’umwe itsinze muri iryo rushanwa, kuko umukino wa mbere u Rwanda rwatsinzwe na Ethiopia ibitego 2-0, uwa Kabiri rutsindwa na Kenya ibitego 2-1 naho umukino wa gatatu rwatsinzwe na Somalia ibitego 3-0.
Amakipe atatu azitwara neza muri CECAFA U17 azahita abona itike yo gukina Igikombe cya Afurika cy’abatarengeje imyaka 17 kizabera muri Maroc mu 2026.

