Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda “Amavubi” yazamutse umwanya umwe iva ku mwanya 131 ijya ku mwanya 130 ku rutonde rw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) rwasohotse mu ijoro ryo ku wa 19 Mutarama 2026.
Urutonde rwashyizwe hanze na FIFA rugaragaza ko u Rwanda rwazamutseho umwanya umwe n’ubwo nta umukino n’umwe rwakinnye rufata umwanya wa 130 n’amanota 1117,78 rufite kuva mu kwezi k’Ukwakira 2025.
Ugereranyije n’urutonde rusoza umwaka wa 2025, kuri iyi inshuro habaye impinduka mu bihugu 10 bya mbere ku Isi, aho Maroc iheruka gutsindwa ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika (CAN 2025 )yazamutse imyanya itatu ifata umwanya wa munani.
Muri rusange, Ikipe y’Igihugu ya Espagne ni yo ikomeje kuyobora uru rutonde ku rwego rw’Isi ikurikiwe na Argentine, u Bufaransa, u Bwongereza, Brazil, Portugal, u Buholandi, Maroc, u Bubiligi n’u Budage.
Muri Afurika, Senegal iheruka kwegukana igikombe cy’Afurika CAN 2025 yazamutse imyanya irindwi igira
amanota 1706,83 ifata umwanya wa 12 ku Isi.
Ibihugu bitanu biyoboye ni Maroc iri ku mwanya wa mbere ikurikiwe na Sénégal, Nigeria, Algeria, na Misiri ya gatanu.
Ni mu gihe mu bihugu bituranye n’u Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ari iya 48, Uganda ikaba iya 88, Tanzania iya 111, Kenya iya 113 n’u Burundi bwa 145.
Urutonde rutaha ruzasohoka ku ya 1 Mata 2026.

