Amb. Bugingo yashyikirije Perezida Dr Chakwera impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda
Politiki

Amb. Bugingo yashyikirije Perezida Dr Chakwera impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda

Imvaho Nshya

November 27, 2024

Ambasaderi Bugingo Emmanuel, yashyikirije Perezida wa Malawi, Dr. Lazarus Chakwera impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu, ku wa Kabiri tariki ya 26 Ugushyingo 2024.

Ni nyuma y’uko ku gicamunsi cyo ku wa Mbere tariki 25 Ugushyingo 2024, Ambasaderi Bugingo Emmanuel yashyikirije Minisitiri Nancy Tembo, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri Malawi, kopi z’impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda mu gihugu cya Malawi.

Amb. asanzwe ahagarariye u Rwanda muri Zambiya na Malawi, akaba afite icyicaro i Lusaka muri Zambia.

Ibihugu byombi biherutse gusinya amasezerano y’ubufatanye ajyanye no guteza imbere ubwikorezi bwo mu kirere ndetse mu mpera z’ukwezi kwa Nyakanga 2021, u Rwanda na Malawi basinye amasezerano yo kohererezanya abakekwaho ibyaha.

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

  • Mutoni
    November 27, 2024 at 6:25 pm Musubize

    Ambassador Bugingo tumwifurije ishya nihirwe muri ibyo bihugu ahagarariyemo uRwanda umubano wacu nabo turusheho kwaguka

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA