APR BBC yamenye itsinda irimo muri BAL 2026
Amakuru

APR BBC yamenye itsinda irimo muri BAL 2026

SHEMA IVAN

February 26, 2026

APR BBC ihagarariye u Rwanda mu Irushanwa Nyafurika rya Basketball (Basketball Africa League/BAL) yisanze mu itsinda rimwe na Al Ahly Tripoli yo muri Libya ifite igikombe giheruka na Petro de Luanda yo muri Angola,mu mikino y’amajonjora ya BAL 2026.

Iri rushanwa rigiye kuba ku nshuro ya gatandatu aho biteganyijwe ko rizakinirwa mu mijyi itatu ya Pretoria (Afurika y’Epfo), Rabat ( Morocc) na Kigali mu Rwanda.

Kuri uyu wa Kane, tariki ya 26 Gashyantare 2026, ni bwo ubuyobozi bwa BAL bwashyize hanze uko amakipe agabanyije muri iri rushanwa rihuza akomeye muri Basketball muri Afurika.

Muri uyu mwaka w’imikino, amakipe 12 ni yo azakina imikino 15 kuri buri imwe, dore ko azaba agabanyijwe mu matsinda abiri buri rimwe ririmo atandatu, bitandukanye no mu mwaka ushize, ryakinwe mu matsinda atatu.

Itsinda rya Kalahari rigizwe na Johannesburg Giants yo muri Afurika y’Epfo ari na ho hazabera irushanwa, Al Ahly Tripoli yo muri Libya, APR yo mu Rwanda, Dar City yo muri Tanzania, Nairobi City Thunder yo muri Kenya na Petro de Luanda yo muri Angola.

Itsinda rya Sahara Conference ririmo Fath Union Sport Rabat yo muri Maroc ahazabera irushanwa, Al Ahly yo mu Misiri, ASC Ville de Dakar yo muri Sénégal, Club Africain yo muri Tunisia, JCA Kings yo muri Côte d’Ivoire na Maktown Flyers yo muri Nigeria.

Imikino ya Kalahari Conference izakinirwa mu Mujyi wa Pretoria kuva tariki ya 27 Werurwe kugeza tariki ya 5 Mata 2026, mu gihe irya Sahara Conference rizakinira i Rabat kuva tariki ya 24 Mata kugeza tariki ya 3 Gicurasi 2026.

Amakipe ane azitwara neza muri buri tsinda, azahurira i Kigali mu Rwanda, aho azakinira imikino ya kamarampaka n’iya nyuma. Iteganyijwe guhera tariki ya 22 kugeza 31 Gicurasi 2026.

Mu mwaka ushize wa 2025, na Al Ahli Tripoli yaryegukanye itsinze Petro de Luanda ku mukino wa nyuma amanota 88-67.

Ni mu gihe APR BBC yo mu Rwanda yabaye Ikipe ya mbere yo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba yasoreje ku mwanya wa gatatu kuva iri rushanwa ryatangira gukinwa mu 2021.

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA