Ishyirahamwe ry’Umukino wa Basketball mu Rwanda (FERWABA) ryatangaje ko ikipe ya RSSB Tigers Basketball Club ari yo izahagararira u Rwanda mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) ku nshuro ya gatandatu (Season 6), nyuma y’aho ikipe ya APR Basketball Club ifashe umwanzuro wo kutazitabira iryo rushanwa.
Mu itangazo rigenewe abanyamakuru FERWABA yasohoye kuri uyu wa Kane tariki ya 12 Werurwe, yavuze ko RSSB Tigers yahawe aya mahirwe nyuma yo kwitwara neza cyane mu marushanwa atandukanye, aho yegukanye Igikombe cya Shampiyona mu Rwanda cya 2025 ndetse n’Igikombe kiruta ibindi (Super Cup cya 2026), ibintu byagaragaje urwego rwayo rwiza n’ubushobozi bwo guhangana ku rwego rwa Afurika.
FERWABA yatangaje ko ifitiye icyizere RSSB Tigers ko izitabira iri rushanwa rya BAL, ryitabirwa n’amakipe ya basketball akomeye muri Afurika, aho yitezweho kubazaba igaragaza ubunyamwuga, ubwitange n’ishema,
Ishyirahamwe rya Basketball mu Rwanda ryashimangiye ko rizakomeza gushyigikira RSSB Tigers mu myiteguro yayo igana muri BAL Season 6, rinasaba abafana n’abafatanyabikorwa bose gushyigikira iyi kipe mu gihe izaba ihagarariye u Rwanda ku rwego rwa Afurika.
FERWABA yavuze ko andi makuru ajyanye n’imyiteguro y’iyi kipe ndetse n’uko izitabira BAL azatangazwa mu gihe kiri imbere.
Muri Gashyantare uyu mwaka hari hatangajwe ko APR BBC yari guhagarara u Rwanda mu Irushanwa Nyafurika rya Basketball (Basketball Africa League/BAL) yashyizwe mu itsinda rimwe na Al Ahly Tripoli yo muri Libya ifite igikombe giheruka na Petro de Luanda yo muri Angola,mu mikino y’amajonjora ya BAL 2026 rikaba ryariswe irya Kalahari.
Iri rushanwa rigiye kuba ku nshuro ya gatandatu aho biteganyijwe ko rizakinirwa mu mijyi itatu ya Pretoria (Afurika y’Epfo), Rabat (Morocco) na Kigali mu Rwanda.
Muri uyu mwaka w’imikino, amakipe 12 ni yo azakina imikino 15 kuri buri imwe, dore ko azaba agabanyijwe mu matsinda abiri buri rimwe ririmo atandatu, bitandukanye no mu mwaka ushize, ryakinwe mu matsinda atatu.
Itsinda rya Sahara Conference ririmo Fath Union Sport Rabat yo muri Maroc ahazabera irushanwa, Al Ahly yo mu Misiri, ASC Ville de Dakar yo muri Sénégal, Club Africain yo muri Tunisia, JCA Kings yo muri Côte d’Ivoire na Maktown Flyers yo muri Nigeria.
Imikino ya Kalahari Conference izakinirwa mu Mujyi wa Pretoria kuva tariki ya 27 Werurwe kugeza tariki ya 5 Mata 2026, mu gihe irya Sahara Conference rizakinira i Rabat kuva tariki ya 24 Mata kugeza tariki ya 3 Gicurasi 2026.
Amakipe ane azitwara neza muri buri tsinda, azahurira i Kigali mu Rwanda, aho azakinira imikino ya kamarampaka n’iya nyuma. Iteganyijwe guhera tariki ya 22 kugeza 31 Gicurasi 2026.
Mu mwaka ushize wa 2025, na Al Ahli Tripoli yaryegukanye itsinze Petro de Luanda ku mukino wa nyuma amanota 88-67.
Ni mu gihe APR BBC yo mu Rwanda yabaye Ikipe ya mbere yo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba yasoreje ku mwanya wa gatatu kuva iri rushanwa ryatangira gukinwa mu 2021.