APR BBC yatsinze REG BBC ikomeza kuyobora Shampiyona (Amafoto)
Amakuru

APR BBC yatsinze REG BBC ikomeza kuyobora Shampiyona (Amafoto)

SHEMA IVAN

March 16, 2026

APR BBC yatsinze REG BBC amanota 79-66, mu mukino wa 15 wa Shampiyona, ikomeza kuyobora Shampiyona ya Basketball mu Rwanda.

Uyu mukino wabaye mu ijoro ryo ku Cyumweru, tariki ya 15 Werurwe 2026 kuri Petit Stade i Remera.

Wari umukino ukomeye ku mpande zombi, dore ko amakipe yombi yari kumwe ku mukino wa nyuma wa Shampiyona ya 2025 yegukanwe na APR BBC. 

APR BBC ni yo yatangiye neza umukino ibifashijwemo na Axel Mpoyo na Leonard Craig Randall batsindaga amanota menshi cyane. Agace ka mbere karangiye iyi kipe iyoboye n’amanota 36 ku 12 ya REG BBC. 

Ikipe ya Sosiyete y’Igihugu Ishinzwe Ingufu  (REG), yatangiranye imbaraga mu gace ka kabiri igerageza kubanya ikinyuranyo binyuze mu bakinnyi bayo barimo Kamndoh Betoudji Frank, Muhizi Prince na Umuhoza Jean Dieudonné. 

Ku rundi ruhande, APR BBC yagowe no kwibona muri aka gace abakinnyi bayo batakaza cyane imipira myinshi.

Aka gace REG BBC yagatsinzemo amanota 14 kuri 5 ya APR. Icyakora APR isoza igice cya mbere ikomeje kuyobora umukino n’amanota 41 kuri ya 26 REG BBC. 

Mu gace ka gatatu, amakipe yombi yakomeje kugenda mu gutsinda amanota abarimo Kamndoh Betoudji Frank na Leonard Craig Randall batsindira amakipe yabo. 

Aka gace karangiye amakipe yombi anganya amanota 17-17, bituma APR BBC ikomeza kuyobora n’amanota 58 kuri 43 ya REG BBC. 

Mu gace ka nyuma, ikipe y’Ingabo yongereye imbaraga itangira kuzamura ikinyuranyo cy’amanota kiba 18 (68-50) ibifashijwemo na Shema Osborn na Leonard Craig Randall ubwo batsindaga amanota atatu.

Ku rundi ruhande REG yagerageje kubanya ikinyuranyo binyuze muri Prince Muhizi na Elliot Cole Lamar ariko APR BBC ikomeza gukina nk’ikipe nkuru yongera amanota.

Umukino warangiye APR BBC yatsinze REG BBC amanota 79-66, ikomeza kwicara ku mwanya wa mbere muri Shampiyona ya Basketball n’amanota 15. Mu mikino umunani imaze gukina yatsinzemo irindwi itsindwa umwe.

REG BBC yujuje umukino wa kabiri wikurikiranya itsindwa dore ko yaherukaga gutsindwa na Patriots ku wa Gatanu. Iyi kipe iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 13, aho mu mikino umunani yatsinze itanu igatsindwa itatu.

Leonard Craig Randall wa APR BBC yatsinze amanota 27 muri uyu mukino, mu gihe Muhizi Prince yatsinze 19 ku ruhande rwa REG BBC. 

Mu mukino wabanjirije uyu, bigoranye Azomco BBC yatsinze Kaminuza ya East Africa University Rwanda amanota 82-81.

Axel Mpoyo ashaka inzira
Kamnodh Frank Betoudji ahanganye na Ndizeye Ndayisaba Dieudonné
Ndizeye Dieudonné Ndayasiba ahanganye na Prince Muhizi
Shema Osborn yari yongeye gukina nyuma y’Igihe adakina kubera imvune
Nshobozwa agerageza gutsinda amanota atatu
Leonard Craig Randall wa APR yatsinze amanota 27 muri uyu mukino
Perezida wa APR BBC, Richard Mulefu ubanza iburyo akurikiye umukino
Abakunzi ba Basketball bari benshi ku Cyumweru

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA