APR FC yatsinze Amagaju FC ifata umwanya wa kabiri muri Shampiyona
Amakuru

APR FC yatsinze Amagaju FC ifata umwanya wa kabiri muri Shampiyona

SHEMA IVAN

January 14, 2026

APR FC yatsinze Amagaju FC igitego 1-0 mu mukino w’Umunsi wa 15 wa Shampiyona, ifata umwanya wa kabiri ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona y’u Rwanda.

Uyu mukino wabereye kuri Stade ya Muhanga, kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 14 Mutarama 2026.

Ni umukino wagombaga kubera kuri Stade Huye, ariko iyo stade imaze amezi arindwi ishyirwamo ikibuga gishya ndetse kugeza ubu imirimo iracyakomeje.

Wari umukino wa mbere Amagaju FC yakinnye nyuma yo kwirukana umutoza Niyongabo Amars n’abari bamwungirije nyuma yo gutsindwa na Al-Hilal ibitego 8-0 ku Cyumweru.

Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganyije ubusa ku busa.

Mu igice cya kabiri, APR FC yagarukanye imbaraga itangira gusatira ishaka igitego biyunze ku ruhande rw’iburyo rwa Outtara Djibril.

Byasabye gutegereza ku munota wa 65, ku gitego cyinjijwe na Omborenga Fitina ku mupira yatereye mu rubuga rw’amahina uruhukira mu izamu.

Ku munota wa 77, APR FC yashoboraga kubona igitego cya kabiri, ku mupira winjiranywe mu rubuga rw’amahina na Mugisha Gilbert awuhinduye uterwa na William Togui ukurwaho n’umunyezamu.

Iminota 10 ya nyuma yihariwe n’Amagaju FC bashaka igitego cyo kwishyura ariko ikagorwa no kwinjira mu bwugarizi bwa APR FC bwari buhagaze neza.

Umukino warangiye APR FC yatsinze Amagaju FC igitego 1-0, ifata umwanya wa kabiri muri Shampiyona y’u Rwanda n’amanota 32 nyuma y’imikino 15 imaze gukina aho irushwa amanota abiri na Police FC yasoje imikino ibanza (17).

Amagaju FC yasoje imikino ibanza iri ku mwanya wa 17 n’amanota 12.

APR FC izagaruka mu kibuga ku Cyumweru, tariki ya 18 Mutarama 2026, yakira Al Merrikh SC kuri Stade Amahoro.

Ronald Ssekiganda atera umupira n’umutwe
Abakinnyi ba APR FC bishimira igitego
Abakinnyi ba APR FC babanje mu kibuga
Abakinnyi b’Amagaju FC babanje mu kibuga
Omborenga Fitina yishimira igitego yatsinze
APR FC yatsinze Amagaju FC, ifata umwanya wa kabiri ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA