APR FC yatsinze Amagaju FC igitego 1-0 mu mukino w’Umunsi wa 15 wa Shampiyona, ifata umwanya wa kabiri ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona y’u Rwanda.
Uyu mukino wabereye kuri Stade ya Muhanga, kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 14 Mutarama 2026.
Ni umukino wagombaga kubera kuri Stade Huye, ariko iyo stade imaze amezi arindwi ishyirwamo ikibuga gishya ndetse kugeza ubu imirimo iracyakomeje.
Wari umukino wa mbere Amagaju FC yakinnye nyuma yo kwirukana umutoza Niyongabo Amars n’abari bamwungirije nyuma yo gutsindwa na Al-Hilal ibitego 8-0 ku Cyumweru.
Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganyije ubusa ku busa.
Mu igice cya kabiri, APR FC yagarukanye imbaraga itangira gusatira ishaka igitego biyunze ku ruhande rw’iburyo rwa Outtara Djibril.
Byasabye gutegereza ku munota wa 65, ku gitego cyinjijwe na Omborenga Fitina ku mupira yatereye mu rubuga rw’amahina uruhukira mu izamu.
Ku munota wa 77, APR FC yashoboraga kubona igitego cya kabiri, ku mupira winjiranywe mu rubuga rw’amahina na Mugisha Gilbert awuhinduye uterwa na William Togui ukurwaho n’umunyezamu.
Iminota 10 ya nyuma yihariwe n’Amagaju FC bashaka igitego cyo kwishyura ariko ikagorwa no kwinjira mu bwugarizi bwa APR FC bwari buhagaze neza.
Umukino warangiye APR FC yatsinze Amagaju FC igitego 1-0, ifata umwanya wa kabiri muri Shampiyona y’u Rwanda n’amanota 32 nyuma y’imikino 15 imaze gukina aho irushwa amanota abiri na Police FC yasoje imikino ibanza (17).
Amagaju FC yasoje imikino ibanza iri ku mwanya wa 17 n’amanota 12.
APR FC izagaruka mu kibuga ku Cyumweru, tariki ya 18 Mutarama 2026, yakira Al Merrikh SC kuri Stade Amahoro.






