APR FC yatsinze Etincelles yongera gusubira ku mwanya wa kabiri 
Amakuru

APR FC yatsinze Etincelles yongera gusubira ku mwanya wa kabiri 

SHEMA IVAN

December 2, 2025

APR FC yatsinze Etincelles FC ibitego 2-1  mu mukino w’umunsi wa gatatu wa Shampiyona utarabereye igihe, yongera gusubira ku mwanya wa kabiri ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona.

Uyu mukino wabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 2 Ukuboza 2025, kuri Kigali Pele Stadium, witabirwa n’abafana bake cyane.

Uyu mukino wagomba gukinwa tariki ya 4 Ukwakira 2025, ariko uza kugirwa ikirarane kubera ko APR FC yari mu mikino ya CAF Champions League.

Etincelles ni yo yatangiye neza umukino isatira binyuze muri Niyonkuru Sadjati bombi na Ciza Hussein bahererekanya neza. 

Iyi Kipe y’i Rubavu yakomeje gukina neza ibona amahirwe imbere y’izamu ariko ikagorwa no kuyabyaza umusuro. 

Mu munota wa 26, APR FC yakomeje kugorwa no kugera ku izamu rya Etincelles FC abarimo Mamadou Sy batabona imipira yo kugerageza amahirwe.

Ku munota wa 32, APR FC yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Mamadou Sy ku mupira yacomekewe avuye mu kibuga hagati ahita awushyira mu rushundura.

Iyi kipe yakomerejeho ndetse ibona amahirwe yo gutsinda igitego cya kabiri ku mupira Ouattara yahaye William Togui, na we ahindura mu rubuga rw’amahina usanga Mamadou Sy uwushyizeho ikirenge, ujya hejuru y’izamu.

Mbere y’uko igice cya mbere kirangira, Umusifuzi wa Kane yongeyeho iminota ibiri y’inyongera.

Ku munota wa 45+1’ Djibril Ouattara yatsindiye APR FC igitego cya kabiri ku mupira yahawe na Mamadou Sy ari mu rubuga rw’amahina.

Igice cya mbere cyarangiye APR FC yatsinze Etincelles FC ibitego 2-0.

Mu igice cya kabiri, Etincelles yagarukanye imbaraga harimo  

umupira muremure watewe mu rubuga rw’amahina, ukurwaho na Niyomugabo n’umutwe, usanga Niyonkuru Sadjati wateye ishoti rishyirwa muri koruneri na Ishimwe Pierre.

Iyi Koruneri yatewe neza umupira usanga Gedeon Ndonga Bivula yishyurira Etincelles FC igitego cya mbere ku mupira abakinnyi ba APR FC bananiwe gukura mu izamu. 

Iyi kipe yo mu Karere ka Rubavu yakomeje gusatira izamu rya APR FC harimo ishoti ryatewe na Ishimwe Djabil umupira ujya ku ruhande rw’izamu.

Ku munota wa 68, APR FC yahushije uburyo bw’igitego cya gatatu ku mupira mwiza Ruboneka Bosco yahinduye mu rubuga rw’amahina, Mamadou Sy awushyizeho umutwe ujya hanze.

Iminota ya 10 y’umukino yahariwe na Etincelles yashakaga igitego cyo kwishyura harimo uburyo bwa 

Manace Mutatu wacenze Bugingo Hakim, ateye umupira ujya ku ruhande rw’izamu.

Umukino warangiye APR FC itsinze Etincelles ibitego 2-1, ifata umwanya wa kabiri n’amanota 18 aho irushwa amanota ane na Police FC ya mbere.

Iyi kipe y’Ingabo imaze gukina imikino icyenda mu gihe Police FC zizahura ku wa Gatandatu, yo yakinnye imikino 10.

Etincelles yagumye ku mwanya wa 15 n’amanota arindwi.

APR FC yatsinze Etincelles yongera gusubira ku mwanya wa Kabiri muri Shampiyona
Byiringiro Gilbert ahanganye na Niyonkuru Sadjati

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA