APR FC yatsinze Gasogi United ibitego 2-0 mu mukino w’umunsi wa 12 wa Shampiyona, yisubiza umwanya wa Kabiri ku rutonde rw’agateganyo rwa Shampiyona y’u Rwanda.
Uyu mukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium, kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 20 Ukuboza 2025.
Amakipe yombi yagiye gukina anyotewe intsinzi kubera uko yitwaye mu mikino aheruka gukina aho APR FC yanganyije imikino ibiri mu gihe Gasogi United yatsinzwe itatu iheruka gukina.
Ni umukino watangiye ugenda gake, umupira ukinirwa cyane mu kibuga hagati.
Ku munota wa 13’ APR FC yabonye uburyo bwo gufungura amazamu ku mupira Djibril Ouattara yateye ashatse kuroba umunyezamu Cuzuzo Gael ujya muri Koruneri itagize icyo itanga.
Mu minota 20’ amakipe yombi yasatiraga ariko ntibareme uburyo bukomeye bwo gutsinda.
Ku munota wa 34’ Gasogi United yahushije uburyo bwo gutsinda igitego ku mupira Hakim Hamiss yashatse gutera mu izamu agaramye nyuma y’uko Ishimwe Pierre yari yaritaye, ku bw’amahirwe ye make uyu munyezamu ahura na wo awukoraho.
APR FC na yo yahise isubiza binyuze ku mupira Mugisha Gilbert yahinduye mu rubuga rw’amahina, abarimo Ouattara na Togui bananirwa kuwukina urarenga.
Ku munota wa 45’ APR FC yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na rutahizamu Djibril Ouattara kuri coup Franc nziza yateye ahana ikosa ryari rikozwe na Ngono Guy Herve hafi y’urubuga rw’amahina.
Igice cya mbere cya mbere cyarangiye APR FC yatsinze Gasogi United igitego 1-0.
Mu igice cya kabiri, Gasogi United yagarukanye imbaraga nyinshi itangira gusatira ishaka igitego cyo kwishyura harimo umupira Muderi Akbar yananiwe kushyira mu izamu, usanga Ngono Guy awuteye ishoti rikomeye rishyirwa muri Koruneri itagize icyo itanga.
Iyi kipe yakomeje gusatira izamu rya APR FC harimo ishoti Ndikumana Dany yateye ari inyuma y’uburuga rw’amahina, umupira ujya hanze.
Ku rundi ruhande abakinnyi ba APR FC bari basubiye inyuma kugarira batarenga urubuga rwabo.
Ku munota wa 81’ Umutoza wa APR FC yakoze impinduka Dauda Yussif asimburwa na Aliou Souane.
Izi mpinduka zayifashije gukomeza gusatira ishaka igitego cya kabiri harimo ishoti ryatewe na Lamine Bah, umupira ushyirwa muri koruneri n’umunyezamu Cuzuzo Aime Gael.
Mbere y’uko umukino urangira umusifuzi wa Kane yongeyeho iminota ine y’inyongera.
Ku munota wa 90+3’ myugariro Aliou Souane yatsindiye APR FC igitego cya kabiri ku mupira mwiza yahawe na Mamadou Sy maze abakinnyi ba Gasogi United ntibamenya uko byanze.
Umukino warangiye APR FC yatsinze Gasogi United ibitego 2-0, ihagarika urugendo rw’imikino ibiri yari imaze itabona amanota atatu.
Ikipe y’Ingabo yahise yisubiza umwanya wa Kabiri igira amanota 23 ni mu gihe Gasogi United yujuje umukino wa Kabiri wikurikiranya itsindwa, yagumye ku mwanya wa Cyenda n’amanota 18.
Indi mikino yabaye uyu munsi, Police FC yatsinze Etincelles FC igitego 1-0 cyinjijwe na Richard Kirongozi ikomeza gushimangira kuyobora Shampiyona y’u Rwanda n’amanota 29.
Mukura VS yatsinze Amagaju FC igitego 1-0 naho Musanze FC itsinda AS Muhanga ibitego 3-0.





