APR FC yegukanye Super Coupe ya 2025 inyagiye Rayon Sports (Amafoto)
Amakuru

APR FC yegukanye Super Coupe ya 2025 inyagiye Rayon Sports (Amafoto)

SHEMA IVAN

January 10, 2026

Ikipe ya APR FC yanyagiye Rayon Sports ibitego 4-1, yegukana igikombe kiruta ibindi mu Rwanda “FERWAFA Super Cup” ya 2025.

Uyu mukino w’ishiraniro wabereye kuri Stade Amahoro, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 10 Mutarama 2026 witabirwa n’abarimo Umunyamabanga wa Leta muri Minisitiri wa Siporo, Rwego Ngarambe, Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice n’abandi.

Wari umukino wa gatanu wa Super Coupe uhuje impande zombi, APR yatwaye ebyiri mu 2002 na 2016 naho Rayon Sports ibikora mu 2017 na 2023.

Ikipe y’Ingabo ni yo yatangiye neza umukino ihererekanya neza hagati mu kibuga.

Iyi kipe yakomeje gukina neza ku munota wa 15 yashoboraga gufungura izamu ku ishoti ryatewe na Memel Dao, Kwizera Olivier arikuramo, umupira usanga Mugisha Gilbert awuteye ujya hejuru y’izamu.

Nyuma y’iminota itatu, iyi kipe yafunguye amazamu ku mupira umunyezamu Kwizera Olivier yafashe nabi uramucika, William Togui wari uhagaze neza awutera mu izamu.

Mu minota wa 30, APR FC yakomeje gukina neza irusha cyane Rayon Sports yagorwaga no guhererekanya neza umupira hagati mu kibuga.

Ku munota wa 43, APR FC yatsinze igitego cya kabiri cyinjijwe na Ronald Ssekiganda n’umutwe ku mupira wahinduwe mu rubuga rw’amahina na Memel Dao.

Igice cya mbere cyarangiye APR FC yatsinze Rayon Sports ibitego 2-0.

Mu gice cya kabiri, APR FC yakomeje guhererekanya neza ndetse ku munota 55 yashoboraga kubona igitego cya gatatu ku mupira Memel Dao yahaye Ouattara awuteye ishoti, umunyezamu Kwizera Olivier awukuramo.

Mu minota 65, Rayon Sports yakangutse itangira guhererekanya neza umupira ndetse igasatira izamu rya APR FC.

Ku munota wa 70, APR FC yatsinze igitego cya kabiri ku mupira Dauda Yussif yateye Yannick Bangala arawugarura, Douda arawusubirana akomereza mu rubuga rw’amahina kugeza arobye umunyezamu Kwizera Olivier.

Iminota 10 ya nyuma yihariwe na Rayon Sports yageragezaga gushaka uko yagabanya ikinyuranyo cy’ibitego binyuze mu bakinnyi barimo Ishimwe Fiston wateye ishoti rikomeye, umuzamu Ishimwe Pierre arishyira muri koruneri.

Mbere y’uko umusifuzi wa kane yongeyeho iminota itanu y’inyongera

Ku munota wa 90+3, Rayon Sports yabonye igitego cy’impozamarira cyinjijwe na Ndikumana Asman ku mupira mwiza, Habimana Yves yahinduye, awuruhukiriza mu rushundura.

Ku munota wa 90+5, APR FC yabonye igitego cya kane ku mupira Ruboneka Bosco yinjiranye mu rubuga rw’amahina acenga Kwizera Olivier agwa hasi, awuhinduye, Mamadou Sy awushyira mu izamu.

Umukino warangiye APR FC itsinze Rayon Sports ibitego 4-1, yegukana igikombe kiruta ibindi mu Rwanda 2025.

APR FC yaherukaga kwegukana iki gikombe mu 2018 itsinda Mukura VS ibitego 2-0 mu karere ka Rubavu.

APR yahawe miliyoni 20 Frw mu gihe Rayon Sports ya kabiri yatahanye miliyoni 10 Frw.

Abakinnyi ba APR FC babanje mu kibuga
Abakinnyi ba Rayon Sports babanje mu kibuga
Ndikumana Asman ahanganiye umupira na Byiringiro Jean Gilbert
Abafana ba Rayon Sports bari bitabiriye ari benshi
APR FC yegukanye igikombe kiruta ibindi mu Rwanda cya 2025 inyagiye Rayon sports
APR FC yaherukaga kwegukana Super Cup mu myaka itandatu ishize
Eric Rutanga uherutse gusezerera gukina umupira w’amaguru ni we waserukanye igikombe cyahataniwe mu APR FC na Rayon Sports
Umunyezamu Ishimwe Pierre yashimira itsinzi
Umusifuzi Mpuzamahanga Nsabimana Celestin yayoboye umukino wa APR FC na Rayon Sports ku nshuro ya mbere
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda akaba na Chairman Mukuru wa APR FC mu bashimishijwe n’itsinzi y’iyi kipe
Kwizera Olivier ntiyahiriwe n’umukino wa mbere yakiniye Rayon Sports
Chairman wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa akurikiye umukino

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA