APR WBBC na REG WBBC zageze ku mukino wa nyuma wa Zone 5
Siporo

APR WBBC na REG WBBC zageze ku mukino wa nyuma wa Zone 5

SHEMA IVAN

November 14, 2025

Ikipe z’abagore mu mukino wa Basketball, APR WBBC na REG WBBC zihagarariye u Rwanda mu mikino y’Akarere ka Gatanu zageze ku mukino w’iri rushanwa rikomeje kubera i Nairobi muri Kenya.

Aya makipe ahagarariye u Rwanda yabigezeho kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 14 Ugushyingo 2025.

Umukino wari utegerejwe ni uwa REG WBBC na Kenya Ports Authority yo muri Kenya yari imbere y’imbaga y’abafana bayishyigikiye.

KPA yatangiye neza Alima Doumbia atsinda amanota menshi. Agace ka mbere karangiye iyi kipe iyoboye umukino n’amanota 16-9.

REG WBBC yatangiranye imbaraga agace ka kabiri ibifashijwemo na Kayana Traylor na Kristina King bafashije iyi kipe kwigaranzura indi, igice cya mbere cyarangiye REG WBBC iyoboye umukino n’amanota 23 kuri 22 ya KPA.

Ikipe ya Sosiyete y’Igihugu Ishinzwe Ingufu yakomeje gukina neza no mu gace ka gatatu, Kiyobe Chantal na Kayana batsinda amanota menshi, ikinyuranyo kigera mu manota umunani (30-22).

Agace ka gatatu karangiye REG WBBC ikomeje kuyobora umukino n’amanota 46 kuri 28 ya KPA.

Iyi kipe yo muri Kenya yajyanye imbaraga mu gace ka nyuma igabanya ikinyuranyo, mu gihe REG wabonaga yiraye yizeye intsinzi.

Umukino warangiye REG WBBC yatsinze Kenya Ports Authority amanota 62-45 igera ku mukino wa nyuma.

Ni inshuro ya gatatu yikurikiranya, REG WBBC igeze ku mukino wa nyuma w’iri rushanwa ariko ntiragira amahirwe yo kuryegukana.

Indi kipe yitwaye neza ni APR WBBC yabigezeho itsinze Les Hippos y’i Burundi amanota 82-61.

Umukino wa nyuma hagati y’impande zombi uteganyijwe ku wa Gatandatu, tariki ya 15 Ugushyingo 2025.

Aya makipe yombi yaherukaga guhurira mu iri rushanwa mu mwaka ushize muri ½ icyo gihe REG WBBC yatsinze APR WBBC amanota 82-77 igera ku mukino wa nyuma.

Kugera ku mukino wa nyuma byahise biha aya makipe itike yo gukina imikino ya ‘Africa Women Basketball League’ izahuza amakipe 10 yo hirya no hino kuri uyu mugabane, izabera i Cairo mu Misiri guhera tariki ya 5 kugeza ku ya 15 Ukuboza 2025.

Ku nshuro ya gatatu yikurikiranya REG WBB C yageze ku mukino wa nyuma Zone V
APR WBBC yageze ku mukino wa nyuma wa Zone V
Destiny Philoxy agerageza gutera Lance Franc

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA