APR WBBC yisubije umudali w’umuringa mu mikino nyafurika
Siporo

APR WBBC yisubije umudali w’umuringa mu mikino nyafurika

SHEMA IVAN

December 15, 2025

Ikipe ya APR WBBC yari ihagarariye u Rwanda mu mikino nyafurika ya ‘FIBA Africa Women’s Basketball League yisubije umudali w’umuringa nyuma yo gutsinda ASC Ville de Dakar yo muri Senegal amanota 90-84 mu mukino wo guhatanira umwanya wa gatatu, hitabajwe iminota itanu y’inyongera.

Uyu mukino wabaye kuri iki Cyumweru, tariki 14 Ukuboza 2025 i Cairo mu Misiri muri Prince Abdallah Al Faisal Sports Hall aho iri rushanwa rimaze iminsi ribera.

Ni Umukino watangiye wihuta ku mpande zombi abarimo Yacine Diop na Mame Khoudia Fall batsinda ku mpande zombi. Agace ka mbere karangiye ASC Ville Dakar yatsinze APR WBBC amanota 26-24.

Mu gace ka kabiri, amakipe yombi yatangiye agendana mu gutsindana amanota nta kipe ishyiramo ikinyuranyo kinini.

Mu minota itatu ya nyuma, ASC Ville de Dakar yongereye ikinyuranyo cy’amanota ibifashijwemo na Julie Dacosta na Couna Ndao batsindaga cyane.

Aka gace iyi kipe yagatsinzemo amanota 22 kuri 18 ya APR WBBC, isoza Igice cya mbere ikomeje kuyobora umukino n’amanota 48-42.

Mu gace ka gatatu, Ikipe y’ingabo yagarukanye imbaraga zikomeye itangira kunganya ikinyuranyo ibifashijwemo na Destiney Promise Philoxy na Assouma Uwizeye batsinda amanota menshi ndetse banganya amanota (61-61).

Mu minota ibiri ya nyuma, Ndoumbe

Mbodj na Aminata Ndong batsindiye amanota ASC Ville de Dakar yongera ikinyuranyo.

Aka gace, Ikipe y’Ingabo yagatsinzemo amanota 26 kuri 21 ariko ASC Ville Dakar iyobora umukino n’amanota 69-68.

Mu gace ka nyuma, APR WBBC yakomeje kongera ikinyuranyo cy’amanota ibifashijwemo Destiney Promise Philoxy ndetse iyobora umukino n’amanota 76-72.

Iminota itatu ya nyuma, ASC Ville de Dakar yongereye kugaruka igabanya ikinyuranyo binyuze muri Julie Dacosta na Diouma Berthez ndetse hasigaramo inota rimwe (84-83).

Habura amasegonda 11 Kierstan Bell wa APR WBBC yakoreye ikosa Aliyah Matharu atsinda inota rimwe kuri ‘lancer franc’ yahawe.

Iyo ‘lancer franc’ yatumye amakipe yombi anganya amanota (84-84), hashyirwaho iminota itanu y’inyongera [OT].

Iyo minota yihariwe na APR WBBC ibifashijwemo na Destiney Promise Philoxy watsinze amanota menshi yongereye ikinyuranyo.

Umukino warangiye APR WBBC yatsinze ASC Ville de Dakar amanota 90-84, yisubiza umudali w’umuringa yaherukaga kwegukana mu 2024.

REG WBBC nayo yari ihagaririye u Rwanda yasoreje ku mwanya wa karindwi nyuma yo gutsinda CNSS yo muri RDC amanota 77-72.

Iri rushanwa ryongeye kwegukanwa na Al Ahly yo mu Misiri itsinze Ferroviario de Maputo amanota 77–51, iba inshuro ya gatatu yegukanye iri rushanwa mu mateka (2019,2024 na 2025).

Destiney Promise Philoxy ni umwe mu bakinnyi bafashije APR WBBC kwitwara neza muri iri rushanwa
Italee Lucas ashaka aho ashyira umupira
APR WBBC yongeye kwegukana umudali w’umuringa mu mikino nyafurika ku nshuro ya kabiri yikurikiranya
Byari ibyishimo ku bakinnyi ba APR WBBC nyuma yo kongera kwisubiza umudali w’umuringa mu mikino Nyafurika
Umutoza wa APR WBBC, Charles Mushumba na we yari yishimye nyuma y’umukino
REG WBBC yatsinze C.N.S.S. yo muri RDC
Kayana Traylor wa REG WBBC ni umwe mu bayifashije mu mukino wo guhatanira umwanya wa karindwi
Al Ahly yisubije igikombe cy’irushanwa rya ‘FIBA Africa Women’s Basketball League

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA