Ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu by’agateganyo muri Repubulika ya Santarafurika bigaragaza ko Faustin-Archange Touadéra yatsindiye kuyobora manda ya gatatu n’amajwi 76.15%
Faustin-Archange Touadéra ahigitse abo bari bahanganye barimo; Anicet Georges Dologuélé, wabaye Minisitiri w’Intebe, wabonye amajwi 14.66%, mu gihe Henri Marie Dondra yabonye amajwi 3.19% nyuma y’amatora yo ku wa 28 Ukuboza umwaka ushize.
Touadéra, w’imyaka 68, ubwo yiyamazaga yahamije ko kuva yajya ku butegetsi mu myaka icumi ishize Igihugu cyagize umutekano n’ituze ndetse gisinya amasezerano y’amahoro n’imitwe yitwaje intwaro.
Ubwo yashakaga kwiyamamariza manda ya gatatu habaye kamarampaka yahinduye Itegeko Nshinga bimuha uburenganzira bwo kongera kwiyamamaza.
Ihuriro rikuru ry’amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi,(BRDC) ryamaganye ayo matora rivuga ko ataboneye ndetse bavuga ko habaye uburiganya mu matora.
Gusa Guverinoma ya Touadéra yahakanye ibyatangajwe n’iryo huriro yemeza ko nta buriganya bwabayeho.
Urukiko rushinzwe Itegeko Nshinga rwagaragaje ko ruzatangaza bidasubirwaho ibyavuye mu matora ku wa 20 Mutarama 2026, nyuma yo gusuzuma ibirego byose byatangwa mbere y’uko amajwi karundura atangazwa.
