Arsenal yanyagiye Tottenham ishimangira kuyobora Shampiyona yemye 

Arsenal yanyagiye Tottenham ishimangira kuyobora Shampiyona yemye 

NTAWITONDA JEAN CLAUDE

February 22, 2026

Arsenal yanyagiye mukeba wayo Tottenham Hotspur ibitego 4-1, ishimangira gukomeza Shampiyona y’u Bwongereza. 

Ni umukino w’umunsi wa 27 wa Shampiyona wabereye kuri Tottenham Hotspur Stadium kuri iki Cyumweru, tariki ya 22 Gashyantare 2026.

Arsenal ni yo yatangiye neza umukino yiharira cyane umupira hagati mu kibuga harimo ishoti ryatewe Victor Gyokres ari mu rubuga rw’amahina, umupira inyuma imbere y’izamu ujya hanze.

Mu minota 25, iyi kipe yakomeje gukina neza ariko abakinnyi bayo basatira ntibabubyaza umusaruro babonaga. 

Ku munota wa 32, Arsenal yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Eberechi Eze ku mupira mwiza yahawe na Bukayo Saka ahita awushyira mu rushundura.

Nyuma y’iminota ibiri gusa, Randal Kolo Muani yishyuriye Tottenham Hotspur ku mupira watakajwe na Declan Rice, acenga ba myugariro ba Arsenal ahita awushyira mu izamu.

Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganyije igitego 1-1.

Arsenal yakomeje gukina neza mu igice cya kabiri bidatsinze ku munota wa 47, Victor Gyokrees yatsinze igitego cya kabiri ku ishoti rikomeye yatereye hanze y’uburuga rw’amahina, umupira uruhukira mu rushundura.

Ku munota wa 54, Randal Kolo Muani yibwiraga ko yatsinze igitego cya kabiri cyo kwishyura, ariko umusifuzi avuga ko yakoreye ikosa myugariro Gabriel Magalhaes mbere yo gutsinda.

Ku munota wa 61’ Eberechi Eze yatsindiye Arsenal igitego cya gatatu ku mupira wagaruwe na myugariro wa 

Tottenham ahita awushyira mu izamu.

Mu minota 70, Arsenal yakomeje kurusha cyane Tottenham yagaragaza imbaraga nke mu mikinire.

Mbere y’uko umukino urangira Umusifuzi wa Kane yongeyeho iminota irindwi y’inyongera.

Ku munota wa 90+4, Victor Gyokrees yatsinze igitego cya Kane ku mupira yahawe na Martin Odegaard, uwushyira mu rushundura.

Umukino warangiye Arsenal inyagiye Tottenham Hotspur ibitego 4-1, yongera kubona intsinzi nyuma yo kunganya imikino ibiri iheruka muri Shampiyona. 

The Gunners yakomeje gushimangira kuyobora Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Bwongereza, aho irusha Manchester City ya Kabiri amanota atanu ariko ifite umukino itarakina.

Tottenham Hotspur itaratsinda umukino n’umwe muri 2026 yakomeje kujya ahabi dore ko irusha amanota ane West Ham United ibanziriza andi makipe abiri arwanira kuguma mu cyiciro cya mbere. 

Indi mikino yabaye kuri iki Cyumweru, Cyrstal Palace yatsinze Wolves igitego 1-0, Liverpool yatsinze Nottingham Forest igitego 1-0 naho Fulham itsinda Sunderland ibitego 3-1.

Eberechi Eze yishimira igitego cye cya mbere
Randal Kolo Muani yishimira igitego cyo kwishyura cya Tottenham
Randal Kolo Muani yatsinze igitego cya mbere muri Premier League yageze muri Kanama 2025
Viktor Gyokeres yujuje ibitego 10 muri Shampiyona y’u Bwongereza

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA