Autralia: Konti za Facebook, Instagram n’izindi zikoreshwa n’abana zatangiye gufungwa
Mu Mahanga

Autralia: Konti za Facebook, Instagram n’izindi zikoreshwa n’abana zatangiye gufungwa

KAMALIZA AGNES

December 4, 2025

Meta yatangiye gufunga konti z’imbuga nkoranyambaga zikoreshwa n’abana bari munsi y’imyaka 16 zirimo Facebook, Instagram, Threads nyuma y’itegeko rya Australia ribuza abana bari munsi y’iyo myaka gukoresha imbuga nkoranyambaga zose uhereye ku wa 10 Ukuboza 2025.

Kuri uyu wa 04 Ukuboza, Meta yavuze ko iri gukora ibishoboka ngo izabe yubahirije iryo tegeko bitarenze itariki yatanzwe.

BBC yatangaje ko sosiyete izananirwa kubahirizwa iryo tegeko izahanwa kandi izacibwa amande angana na miliyoni 32 z’amadolari ya Amerika.

Iri tegeko ryamaganwe na bamwe barimo n’abana bavuga ko rizagira ingaruka ku bana benshi mu gihugu cyane ko urubuga rwa Instagram rugaragaza abana barukoresha bari hagati y’imyaka 13-15 bagera ku 350,000.

Sosiyete zirimo YouTube zamaganye iryo tegeko, ivuga ko ari ukabangamira urubyiruko kandi ko bizatuma abo bana baba mu kaga n’ubwigunge ariko ibyo byatewe utwatsi na Minisitiri w’Itumanaho wa Australia, Anika Wells wavuze ko ubuzima bwabo buzakomeza uko bisanzwe.

Imiryango iharanira uburenganzira bwo kuri interineti irimo Digital Freedom Project, ivuga ko ari akarengane kagamije guhonyora ubwisanzure no gutanga ibitekerezo, bemeza ko bamaze kujuririra iri tegeko mu Rukiko Rukuru  rwa Australia.

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA