BAL 2026: Leonard Craig Randall yanditse amateka mashya RSSB Tigers itsinda Dar City
Amakuru

BAL 2026: Leonard Craig Randall yanditse amateka mashya RSSB Tigers itsinda Dar City

SHEMA IVAN

April 4, 2026

Leonard Craig Randall yanditse amateka mashya muri Basketball Africa League (BAL), ubwo yinjizaga amanota 54 mu mukino ikipe ye ya RSSB Tigers ihagarariye u Rwanda yatsinze Dar City yo muri Tanzania amanota 104-92 mu mukino wa kane wo mu itsinda rya Kalahari Conference.

Uyu mukino wabereye muri SunBet Arena iherereye i Pretoria muri Afurika y’Epfo, kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 4 Mata 2026.

Ni umukino watangiye wihuta cyane, Sisco George Ngaiza na Leonard Craig Randall batsinda ku mpande zombi. Agace ka mbere karangiye DAR City iyoboye umukino n’amanota 25 kuri 24 ya RSSB Tigers BBC.

Mu gace ka kabiri, umukino watangiye wegeranye amakipe yombi agendana mu gutsinda amanota binyuze mu bakinnyi barimo Leonard Craig Randall na Mouhamadou Landoure.

Mu minota itatu ya nyuma, RSSB yongereye ikinyuranyo ibifashijwemo na Ndayisaba Ndizeye Dieudonne na Mangok Mathiang watsindaga cyane ndetse kigera ku manota atandatu (45-39).

Igice cya mbere cyarangiye RSSB Tigers BBC iyoboye umukino n’amanota 52 kuri 45 ya DAR City.

RSSB Tigers BBC yakomeje gukina neza mu gace ka gatatu abarimo Ntore Habimana na Leonard Craig Randall batsinda amanota menshi, iyitsinda amanota 10 itaratsinda inota na rimwe.

Mu minota itatu ya nyuma, DAR City yagerageje kugabanya ikinyuranyo binyuze mu bakinnyi barimo Nirse Zouzoua na Uzodinma jerry ariko RSSB Tigers ikomeza gukina nk’ikipe nkuru binyuze muri Antino Jackson watsindaga amanota atatu menshi.

Aka gace karangiye RSSB Tigers BBC ikomeje kuyobora umukino n’amanota 75-65.

Mu gace ka nyuma, RSSB Tigers yakomerejeho ibifashijwemo na Leonard Craig Randall watsindaga amanota atatu gusa.

Ku rundi ruhande, Dar City yagerageje kugabanya ikinyuranyo ariko RSSB ikomeza gutsinda cyane ibifashijwemo na Leonard Craig Randall na Antino Jackson.

Umukino warangiye RSSB Tigers BBC yatsinze Dar City amanota 104-92, yuzuza umukino wa kane wikurikiranya itsinda muri Kalahari Conference.

Muri uyu mukino, Leonard Craig Randall II yashyizeho uduhigo dushya muri BAL harimo ako gutsinda amanota menshi mu mukino umwe (54) ahigitse Jo Lual-Acuil winjije amanota 42 mu 2024.

Uyu mugabo kandi yashyizeho agahigo ko kuba umukinnyi wa mbere watsinze atatu inshuro nyinshi, aho yayatsinze inshuro 11, akuraho agahigo kari gafitwe na Axel Mpoyo bakinana watsinze amanota atatu ishuro 10 mu mwaka ushize wa 2025.

Iyi kipe ihagarariye u Rwanda izasoza iyi mikino ku Cyumweru tariki ya 5 Mata 2026, ikina na Nairobi City Thunder.

Leonard Craig Randall yabaye umukinnyi wa mbere watsinze amanota menshi muri BAL
Leonard Craig Randall yashimiwe na bagenzi be cyane
Leonard Craig Randall yashyizeho uduhigo dushya muri BAL
RSSB Tigers yakomeje urugendo rw’intsinzi itsinda Dar City

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA