Umutoza Bruno Ferry yatandukanye na Rayon Sports
Siporo

Umutoza Bruno Ferry yatandukanye na Rayon Sports

SHEMA IVAN

March 20, 2026

Bruno Ferry wari Umutoza Mukuru wa Rayon Sports yatandukanye na yo, nyuma y’amezi atatu, ku bwumvikane bw’impande zombi.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 20 Werurwe 2026, ni bwo Rayon Sports yanyujije itangazo ku mbuga nkoranyambaga, rivuga ko yatandukanye n’uyu mutoza ukomoka mu Bufaransa.

Mu Ukuboza 2025, ni bwo uyu mugabo w’imyaka 58, yagizwe Umutoza Mukura wa Rayon Sports asinya amasezerano y’amezi atandatu, asimbuye Afhamia Lotfi, wirukanwe mu Ukwakira 2025.

Iyi kipe yasingaranwe na Lomami Marcel wari umutoza wungirije, umutoza w’abanyezamu Ndayishimiye Eric ‘Bakame’, n’uwongerera imbaraga abakinnyi Mwambali Serge.

Bruno asize Rayon Sports iri ku mwanya wa Gatanu n’amanota 39 muri Shampiyona y’u Rwanda ndetse aherutse kuyihesha itike ya 1/2 cy’Igikombe cy’Amahoro.

Ikipe yambara ubururu n’umweru iri kwitegura umukino w’Umunsi wa 25 wa Shampiyona izakiramo Gasogi United, ku Cyumweru tariki ya 22 Werurwe 2026, kuri Stade Amahoro.

Bruno Ferry yatandukanye na Rayon Sports yari amazemo amezi atatu

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA