CAF yatangaje abazatoranywamo umukinnyi mwiza w’umwaka wa 2025 
Siporo

CAF yatangaje abazatoranywamo umukinnyi mwiza w’umwaka wa 2025 

SHEMA IVAN

November 16, 2025

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), yatangaje abakinnyi batatu bazatoranywamo umwe uzahabwa igihembo cy’uwahize abandi muri Afurika mu mwaka wa 2025.

Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki ya 16 Ugushyingo 2025, ni bwo CAF yashyize hanze amazina ya bamwe mu bagomba gutoranywamo ab’indashyikirwa bahize abandi muri ruhago.

Muri abo harimo Achraf Hakimi wo muri Maroc, Victor Osimhen ukomoka muri Nigeria na Mohammed Salah wo mu Misiri. 

Abo bose bitwaye neza mwaka ushize ushize w’imikino wa 2024/25 bahesha amakipe bakinira ibikombe bitandukanye.

Mu bagore bahize abandi hazahebwa hagati ya Ghizlane Chebbak, Sanna Mssoudy bombi bo muri Maroc na Rasheedat Ajibade wo muri Nigeria.

Si ibi bihembo bizatangwa gusa, kuko hari igihatanirwa cy’umunyezamu mwiza uzava hagati ya Munir Mohamedi, Yasinne Bounou na Ronwen Williams.

Umutoza mwiza w’umwaka azatoranywa hagati ya Pedro Leitão Brito uzwi nka “Bubista” wa Cape Verde, Mohamed Ouahbi wa Maroc U20 na Walid Regragui wa Maroc. 

Umukinnyi wahize abandi makipe yo ku mugabane wa Afurika azatoranywa hagati ya Fiston Mayele, Mohammed Chibi bombi bakinira Pyramids FC na Oussama LamLioui ukinira RS Berkane. 

Umuhango wo gutanga ibihembo ku mukinnyi wahize abandi, uteganyijwe ku wa Gatatu, tariki ya 19 Ugushyingo 2025, ukabera mu Mujyi wa Rabat mu gihugu cya Morocco.

Umwaka ushize umukinnyi mwiza wa Afurika yabaye Rutahizamu ukomoka muri Nigeria, Ademola Lookman.

Abakinnyi batatu bazatoranywamo umwe wahize abandi muri Afurika mu mwaka wa 2025
Abatoza batatu bazatoranywamo uwahize abandi mu 2025
Abanyezamu batatu bazatoranywamo uwahize abandi mu 2025

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA