Ikipe y’Igihugu ya Maroc n’iya Senegal zageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika cya 2025 nyuma yo kwitwara neza aho Senegal yatsinze Misiri 1-0 mu gihe Maroc yatsinze Nigeria kuri penaliti 4-2 nyuma yo kunganya ubusa ku busa,mu mikino ya ½ cy’irangiza
Iyi mikino yakinwe ku wa Gatatu, tariki ya 14 Mutarama 2026.
Umukino wa Maroc na Nigeria watangiye amakipe yombi yigana n’uburyo bw’ibitego bukaba buke cyane.
Mu minota 25, umukino wakomeje kugendera muri uwo mujyo nta kipe n’imwe irema uburyo bw’igitego.
Ku munota wa 35, Maroc yatangiye kwinjira mu mukino isatira cyane inyuze ku ruhande rw’iburyo rwa Ashraf Hakim na Brahim Diaz.
Ku munota wa 40’ Maroc yashoboraga gufungura azamu ku ishoti ryatewe na Ismael Saibari, umupira ukurwamo neza n’umunyezamu Stanley Nwabali.
Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganyije ubusa ku busa.
Mu igice cya kabiri, Maroc yakomeje gukina neza harimo ishoti rikomeye ryatewe na Abdessamad Ezzalzouti, umupira ushyirwa muri Koruneri n’umunyezamu Nwabali itagize icyo itanga.
Mu minota 70, Nigeria yatangiye gusatira bikomeye, Bruno Onyemaechi ahindura impira imbere y’izamu ariko ubwugarizi bwa Maroc bukomeza guhagarara neza.
Iminota 90 yarangiye amakipe yombi anganyije ubusa ku busa hitabazwa indi 30 y’inyongera.
Iyi minota yarangiye amakipe yombi akomeje kunganya bityo hashyirwaho penaliti.
Maroc yazitwayemo neza isezerera Nigeria yayitsinze penaliti 4-2. umunyezamu Yassine Bounou akuramo ebyiri, mu gihe Neil El Aynaoui, Eliesse Ben Seghir, Achraf Hakimi na Youssef En-Nesyri bazitsinze.
Ku ruhande rwa Nigeria, umunyezamu Stanley Nwabali yakuyemo penaliti imwe, icyakora bagenzi be Samuel Chukwueze na Bruno Onyemaechi barazihusha.
The Atlas Lions yaherukaga ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika mu 2004 icyo gihe cyabereye muri Tunisia isoreza ku mwanya wa Kabiri.
Umukino wabanje, Ikipe y’igihugu ya Senegal yageze ku mukino wa nyuma itsinze iya Misiri igitego 1-0 cyinjijwe na Sadio Mané.
Uyu mukino uteganyijwe ku Cyumweru, tariki 18 Mutarama 2026, saa 22:00.
Ni mu gihe ku wa Gatandatu, tariki 17 Mutarama 2026 , Misiri na Nigeria mu mukino wo guhatanira umwanya wa gatatu.





