Nigeria yabaye igihugu cya kabiri cyabonye itike ya 1/8 mu Gikombe cya Afurika cya 2025, nyuma yo gutsinda Tunisia ibitego 3-2 naho Senegal inganya na RDC igitego 1-1.
Hari mu mikino y’umunsi wa kabiri w’amatsinda yabaye ku wa Gatandatu, tariki ya 27 Ukuboza 2025.
Umukino wabimburiye indi mu itsinda rya kane warangiye Benin itsinze Bostwana igitego 1-0 cyinjijwe na Yohan Roche, yongera kugira icyizere cyo kurenga imikino y’amatsinda nyuma yo gutsindwa umukino wa mbere.
Gutsindwa uyu mukino kuri Bostwana byatumye isezererwa nyuma gutakaza imikino ibiri yikurikiranya.
Umukino wari ukomeye kuri uyu munsi wahuje Senegal na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), buri kipe yasabwaga gutsinda ibona itike ya ⅛ cyirangiza.
Ku munota wa 45’ Senegal yashoboraga gufungura amazamu ku ishoti rikomeye ryatewe na Pape Gueye umupira ushyirwa muri koruneri n’umunyezamu.
Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganyije ubusa ku busa.
Mu igice cya kabiri, RDC yagarukanye imbaraga itangira gusatira izamu rya Senegal harimo uburyo yabonye ku ishoti rikomeye ryatewe na Noah Sadiki, umupira ukurwamo n’umunyezamu Eduard Mendy.
Ku munota wa 61, RDC yafunguye amazamu ku ishoti ryatewe na Theo Bogonda, umupira agarurwa nabi n’umunyezamu Edouard Mendy, usanga Cedric Bakumbu wari uhagaze neza awushyira mu izamu.
Ku munota 62, Umutoza wa Senegal yakoze impinduka Ibrahim Mbaye asimbura Ismaila Sarr.
Izi mpinduka zatanze umusaruro kuko ku munota 69’ Senegal yabonye igitego cyo kwishyura ku mupira wazamukanywe na Ibrahim Mbaye awuhinduriye imbere y’izamu usanga Sadio Mane wari uhagaze neza awushyira mu rushundura.
Nta kindi gitego cyabonetse kugeza iminota 90 y’umukino irangiye amakipe yombi anganyije igitego 1-1.
Hakurikiyeho umukino w’amakipe yo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba hagati ya Uganda na Tanzania.
Ni umukino wari ukomeye cyane kuko amakipe yombi yatsinzwe umukino wa mbere, buri kipe isabwa gutsinda ikongera icyizere cyo kurenga amatsinda.
Muri uyu mukino, igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganyije ubusa ku busa.
Mu igice cya kabiri, Tanzania yagurukanye imbaraga itangira gusatira izamu rya Uganda bidatsinze ku munota wa 58 yabonye penaliti ku ishoti rigana ku izamu ryatewe na Alphonce Msanga umupira ukurwaho n’akaboko na Baba Alhassan.
Iyi Penaliti yinjijwe neza Simon Msuva atsindira Tanzania igitego cya mbere.
Ku munota wa 77, Umutoza wa Uganda yakoze impinduka ebyiri Uche Ikpeazu na Denis Omedi basimbura Jude Ssemugabi na Travis Mutyaba.
Nyuma y’iminota itatu izi mpinduka zatanze umusaruro kuko munota wa 80 Denis Omedi yahinduye umupira mwiza imbere y’izamu usanga Uche Ikpeazu wari uhagaze neza awushyira ho umutwe ujya mu izamu.
Uganda yakomeje kwiharira cyane umupira hagati mu kibuga irusha cyane Tanzania yari yasubiye inyuma kugarira.
Ku munota wa 90, Uganda yabonye Penaliti ku ikosa Haji Mnoga yakoreye James Bogere.
Iyi Penaliti yahushijwe na Allan Okello wayiteye hejuru y’izamu.
Umukino warangiye Uganda na Tanzania banganyije igitego 1-1.
Umukino wakinwe bwa nyuma kuri uyu munsi ni wahuje Nigeria na Tunisia.
Ku munota wa 44, Nigeria yafunguye amazamu ku mupira mwiza wahinduwe mu rubuga rw’amahina na Ademola Lookman usanga rutahizamu Victor Osimhen awushyira mu izamu.
Mu igice cya kabiri, Nigeria yakomeje gukina neza bidatsinze ku munota wa 50 yabonye igitego cya kabiri ku mupira wavuye kuri Konuneri yatewe na Ademola Lookman using Wilfred Ndidi awushyira mu rushundura n’umutwe.
Ku munota wa 67, Ademola Lookman yatsindiye Nigeria igitego cya gatatu ku mupira mwiza yahawe na Victor Osimhen acenga ba myugariro ahita atera mu izamu.
Byasabye gutegereza umunota wa 74, Tunisia ibona igitego cya mbere ubwo umupira uteretse watewe na Hannibal Mejri wahuraga na Montassar Talbi akawukina, umunyezamu Stanley Nwabali ananirwa kuwuhagarika.
Habura iminota itanu ngo umukino urangire, Tunisia yabonye penaliti yaturutse ku mupira wakozwe na Bright Osayi-Samuel n’akaboko, yinjizwa neza na Ali Abdi.
Amakipe yombi yashoboraga gutahana inota rimwe, ariko ku bw’amahirwe make y’Abanya-Tunisia umupira watewe na Ferjani Sassi n’umutwe mu minota y’inyongera, uca ku ruhande rw’izamu.
Umukino warangiye Nigeria yatsinze Tunisia ibitego 3-2, ihita itatisha itike ya 1/8 nyuma ya Misiri mu gihe hasigaye umukino umwe.
Kuri iki Cyumweru, imikino irakomeza mu itsinda E Equatorial Guinea irahura Sudani saa kumi n’imwe naho Algeria irahura na Burkina Faso saa Moya n’Igice.
Guhera saa Munani n’Igice mu itsinda F, Gabon irahura na Mozambique naho Cote d’Ivoire irahura na Cameroon Demokarasi ya Congo saa yine z’ijoro.






