Ikipe y’Igihugu ya Nigeria “Super Eagles” yegukanye umwanya wa gatatu w’Igikombe cya Afurika cya 2025 nyuma yo gutsinda Misiri penaliti 4-2 , amakipe yombi yanganyije 0-0 mu minota isanzwe y’umukino.
Uyu mukino w’umwanya wa gatatu wabaye kuri uyu wa Gatandatu, tariki 17 Mutarama 2026.
Amakipe yombi yari yahinduye abakinnyi yari amaze iminsi akoresha, abatoza batanga amahirwe ku batarabonye umwanya uhagije wo gukina muri iri rushanwa.
Ibi byatumye umukino utangira utuje, amakipe yombi yigana, gusa Nigeria ikanyuzamo igasatira ndetse ku munota 35 yibwiraga ko yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Akor Admas ariko umusifuzi yifashije VAR basanga habayemo ikosa.
Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa.
Mu gice cya kabiri, amakipe yombi yakomeje gukinira cyane hagati mu kibuga nta n’imwe irema uburyo bw’igitego.
Mu minota 70, umukino watangiye kwihuta amakipe yombi atangira guhushanya ibitego.
Nta gitego cyabonetse kugeza umukino urangiye amakipe yombi anganyije ubusa ku busa, hitabazwa penaliti.
Nigeria yazitwayemo neza itsinda Misiri Penaliti 4-2, Umunyezamu Stanley Nwabali yakuyemo penaliti ebyiri zatewe na Mohammed Salah na Omar Marmoush mu gihe Akor Admas, Moses Simon, Alex Iwobi na Ademola Lookman bazitsinze.
Ku rundi ruhande Penaliti za Misiri zinjijwe na Rami Rabia na Mahmoud Saber.
Umukino wa nyuma uteganyijwe ku Cyumweru, tariki 18 Mutarama 2026, aho uzahuza Ikipe y’Igihugu ya Maroc n’iya Senegal guhera saa Tatu z’ijoro.

