Chelsea na Arsenal zaguye miswi, zikomeza gukubana muri Premier League
Siporo

Chelsea na Arsenal zaguye miswi, zikomeza gukubana muri Premier League

SHEMA IVAN

November 30, 2025

Ikipe ya Chelsea na Arsenal zanganyije igitego 1-1 mu mukino w’Umunsi wa 13 wa Shampiyona y’u Bwongereza wakinirwaga kuri Stamford Bridge, kuri iki Cyumweru, tariki ya 30 Ugushyingo 2025.

Arsenal yari ikeneye gutsinda uyu mukino kugira ngo ikomeze kuyobora Shampiyona, mu gihe Chelsea na yo yifuzaga amanota atatu ayifasha kuguma mu makipe ayotsa igitutu.

Chelsea yari mu rugo niyo yatangiye neza umukino yiharira umupira ikinira mu rubuga rwa Arsenal.

Uburyo bwa mbere bw’igitego bukomeye muri uyu mukino bwabonetse ku munota wa 13, ubwo rutahizamu wa Arsenal, Bukayo Saka, yateraga ishoti rikomeye mu izamu rya Chelsea ariko ku bw’amahirwe make ufatwa n’umunyezamu Robert Sánchez.

Ku munota 29, Chelsea yahushije uburyo bwabazwe amahirwe ku mupira watakajwe na myugariro wa Arsenal, Piero Hincapie imbere y’izamu ufatwa na Joao Pedro awuteye ukurwaho n’ubwugarizi bwa Arsenal.

Ku munota wa 38, nyuma kwitabaza VAR Moses Caicedo wa Chelsea yahawe ikarita itukura nyuma yo gukorera ikosa Mikel Merino.

Ni ubwa mbere Caicedo yari ahawe ikarita y’umutuku kuva yatangira gukina muri Shampiyona y’u Bwongereza yarimo akina umukino wa 130.

Ku munota wa 45, Arsenal yahushije uburyo bw’igitego ku mupira wazamukanywe na Declan Rice uwuha Gabriel Martinel ateye ishoti rikomeye umupira ufatwa n’umunyezamu Robert Sanchez.

Igice cya mbere cyarangiye amakipe yombi anganyije ubusa ku busa.

Mu gice cya kabiri, amakipe yombi yatangiranye impinduka, Arsenal yakuyemo Riccardo Calafiori asimburwa na Lewis Skelly naho Chelsea yashyizemo Alejandro Garnacho asimbura Estevao.

Muri iki gice, Chelsea yagarukanye imbaraga nyinshi bidatsinze ku munota wa 48’ yafunguye amazamu ku mupira wari uvuye muri Koruneri yatewe na Recee James, usanga Trevoh Chalobah awushyira mu izamu n’umutwe.

Nyuma yo gutsindwa, Arsenal yagarutse mu mukino itangira gusatira ishaka icyo kwishyura.

Ku munota wa 59, The Gunners yabonye igitego cyo kwishyura ku mupira wahinduwe imbere y’izamu na Bukayo Saka, usanga Mikel Merino wari wenyine awushyira mu izamu n’umutwe.

Nyuma y’iki gitego Arsenal yihariye umukino bigaragara yerakana ko ishaka igitego cya kabiri hasi hejuru. Icyo gihe Chelsea yacungiraga ku mipira yihuta igana ku izamu rya Arsenal.

Ku munota wa 87, Umunyezamu Robert Sanchez yakoroye Chelsea nyuma yo gukuramo ishoti rikomeye ryatewe na Martin Odegaard ari inyuma r’uburuga rw’amahina.

Umukino warangiye amakipe yombi anganyije igitego 1-1.

Mu yindi mikino yabaye, Liverpool yatsinze West Ham United ibitego 2-0 byinjijwe na Alexander Isak na Cody Gakpo.

Aston Villa yatsinze Wolves igitego 1-0 cya Boubacar Kamara, Nottingham Forest itsindwa na Brighton ibitego 2-0 byatsinzwe na Maxim De Cuyper na Stefanos Tzimas naho Manchester United yatsinze Crystal Palace ibitego 2-1 byinjiwe na Joshua Zirkzee na Mason Mount ni mu gihe cya Palace cyinjijwe na Jean-Philippe Mateta.

Kugeza ubu urutonde rwa Shampiyona y’u Bwongereza ruyobowe na Arsenal n’amanota 30, ikarusha atanu Manchester City ni mu gihe Chelsea ya gatatu na Aston Villa ya Kane banganya amanota 24.

Mikel Merino yishimira igitego
Moises Caicedo wa Chelsea yabonye ikarita itukura ya mbere mu mikino 130 amaze gukina muri Shampiyona y’u Bwomngereza
Mikel Merino ni we watsinze igitego cya Arsenal cyo kwishyura
Trevoh Chalobah yafunguriye amazamu Chelsea
Abakinnyi ba Chelsea bishimira igitego

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA