Imibiri 32 y’abasirikare ba Cuba bishwe n’Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zo mu mutwe udasanzwe mu gitero cyagabwe muri Venezuela ku wa 03 Mutarama 2026, cyashimutiwemo Perezida Nicolas Maduro yamaze kugera muri Cuba.
Abo basirikare bari mu kazi ko kurindira umutekano Nicolas Maduro bakaba bazashyingurwa mu cyubahiro mu gihugu cyabo nyuma yuko uwo bari barinze ashimuswe ku itegeko rya Perezid awa Amerika Donald Trump ngo aburanishwe ku birego ashinjwa.
Gusa ku ruhande rwa Guverinoma ya Venezuela yatangaje ko abantu barenga 100 ari bo bishwe ubwo icyo gitero cyagabwaga.
Imihango yo guherekeza iyo mibiri mu cyubahiro izabera mu turere dutandukanye, ndetse bitegenyijwe ko ku wa 16 Mutarama abaturage bazigaragambiriza imbere ya Ambasade ya Amerika.
Nyuma y’ibyo izajyanwa muri Minisiteri y’Ingabo mu Murwa Mukuru Havana, aho abaturage bazahabwa amahirwe yo kubunamira no kubasezera mu cyubahiro mbere yuko bashyingurwa.
Perezida Trump yavuze ko Cuba iri mu marembera nubwo ari inshuti y’akadasohoka ya Venezuela kandi ko nyuma yo kwigarurira icyo gihugu ubuzima bugiye kuyigora.
Yanavuze ko Guverinoma y’inzibacyuho ya Delcy Rodríguez, muri Venezuela itazongera kohereza peteroli muri Cuba kandi ari igihombo gikomeye cyane kuri icyo gihugu, ibyo bikaba bishimangira ko kigiye kugwa.
Gusa ku ruhande rwa Guverinoma ya Venezuela yatangaje ko ubwo Amerika yagabaga igitero abantu barenga 100 bakiguyemo.
