Djihad Bizimana yabonye ikipe nshya muri Algeria 
Amakuru

Djihad Bizimana yabonye ikipe nshya muri Algeria 

SHEMA IVAN

February 1, 2026

Kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ’Amavubi’, Bizimana Djihad yerekeje muri CS Constantine yo muri Algeria asinya amasezerano y’umwaka n’igice. 

Uyu mukinnyi yatangajwe ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 31 Mutarama 2026, binyuze ku mbuga nkoranyambaga z’iyi kipe.

Bizimana nta kipe yari afite nyuma yo gutandukana na Al Ahli Tripoli yo muri Libya, yari amazemo umwaka umwe, nk’uko yabitangaje ku wa Gatanu.

CS Constantine n’imwe mu makipe akomeye muri Shampiyona ya Algeria, dore ko kugeza ku munsi wa 16 wa Shampiyona iri ku mwanya wa gatandatu n’amanota 23. 

Mu mwaka ushize w’imikino wa 2024/25, iyi kipe yatsindiwe ku mukino wa nyuma wa CAF Confederations Cup na Berkane yo muri Maroc iyitsinze ibitego 5-0 mu mikino yombi. 

Bizimana Djihad w’imyaka 28 yazamukiye muri Etincelles FC yakinnyemo kugeza mu 2014 mbere yo kujya muri Rayon Sports yamazemo umwaka umwe, ahita ajya muri APR FC yakiniye imyaka itatu mbere yo kujya i Burayi.

I Burayi Bizimana yakiniye amakipe yo mu Bubiligi arimo Waasland-Beveren yamazemo imyaka itatu na KMSK Deinze yamazemo imyaka ibiri, na Kryvbas Kryvyi Rih yo muri Ukraine yakiniye umwaka n’igice. 

Iyi kipe ni yo yavuyemo yerekeza muri Al Tripoli yo muri Libya yakiniraga kugeza mu ntangiriro z’uyu mwaka.

Bizimana Djihad yatangajwe nk’umukinnyi mushya wa CS Constantine yo muri Algeria

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA