Dr. Nsanzimana Sabin yagizwe Minisitiri w’Ubuzima
Amakuru

Dr. Nsanzimana Sabin yagizwe Minisitiri w’Ubuzima

Imvaho Nshya

November 28, 2022

Dr. Nsanzimana Sabin yagizwe Minisitiri w’Ubuzima « MINISANTE » nyuma y’amezi icyenda agizwe Umuyobozi Mukuru w’ibitaro bya Butare.

Mbere yaho yari Umuyobozi Mukuru  w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima “RBC”.

Mu itangazo ryo mu biro bya Minisitiri w’Intebe rivuga ko Dr Yvan Butera agirwa Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima aho asimbuye Lt Col. Dr Mpunga Tharcisse wagizwe Umuyobozi w’Ikigo cy’Ubuvuzi no Kwigisha ku rwego rwa Kaminuza cya Kigali « CHUK ».

Dr. Nsanzimana Sabin wagizwe Minisitiri w’Ubuzima, asimbuye Dr. Ngamije Daniel wari umaze igihe muri izi inshingano.

Minisitiri Dr. Nsanzimana Sabin ni inararibonye mu buvuzi bw’indwara z’ibyorezo nka SIDA akaba yarabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda.

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA