DSTV Rwanda yagabanyije ibiciro kugira ngo buri Muturarwanda ayitunge
Imibereho

DSTV Rwanda yagabanyije ibiciro kugira ngo buri Muturarwanda ayitunge

NTAWITONDA JEAN CLAUDE

May 3, 2023

Kuva taliki 01 Gicurasi 2023, Kompanyi icuruza serivisi z’isakazamashusho n’ibikoresho bijyana na ryo “DSTV-Rwanda” yamanuye ibiciro  muri gahunda yo korohereza  buri  Muturarwanda kuyitunga no gufata ifatabuguzi mu buryo bworoshye .

 DSTV-Rwanda ni yo Kompanyi yatangiye bwa mbere mu Rwanda kwerekana amashusho ariko kubera igiciro cy’ifatabuguzi   nta bwo byari byoroheye buri wese kuyitunga.

 Nyuma y’urugendo rusanga iimyaka 26,  hatangijwe gahunda  igaragaza ko ubu DSTV-Rwanda ari iya bose kuko buri Muturarwanda mu rwego rwe yabasha kuyitunga.

Mu kiganiro nyunguranabitekerezo n’abanyamakuru batandukanye cyabereye muri Marriot Hotel, taliki 02 Gicurasi 2023, Umuyobozi mukuru wa Tele10 na DSTV Rwanda, Muhirwa Augustin yatangaje ko ibi babikoze kugira ngo bagere kuri buri Muturarwanda wese.  Ati :  “Intero yacu  ni DSTV ni iya bose, turifuza ko buri  Muturarwanda wese ayitunga”.

Umuyobozi mukuru wa Tele10 na DSTV Rwanda, Muhirwa Augustin

Yasobanuye ko icyo bakoze ari ukugenda bashyira amashene (Channels) mu byiciro  hanyuma bagashyiraho ibiciro byoroheye buri wese mu rwego rwe.

Aya mashene yashyizwe mu byiciro ndetse bihabwa n’amazina y’Ikinyarwanda nk’uko Muhirwa abitangaza.

Hari  “DSTV Isange” ifatabuguzi ni  ibihumbi 5 by’amafaranga y’u Rwanda  rivuye ku bihumbi 14,700. Hari kandi “DSTV Iwacu”  aho ifatabuguzi ryavuye ku bihumbi 23,500  riba ibihumbi 10.

Kuri “DSTV Inganji”, ifatabuguzi ryavuye ku bihumbi 31 riba ibihumbi 20. Hari kandi “DSTV Ishema”  aho ifatabuguzi ryavuye  ku bihumbi 65 rikaba ibihumbi 30.

Ifatabuguzi rindi ni “DSTV Premium” ryavuye ku bihumbi 105 riba ibihumbi 100.

Muhirwa Augustin yatangaje ko kuri DSTV Rwanda hariho amashene y’ibyiciro byose harimo amakuru, imikino, imyidagaduro, za Filimi, ibiganiro mbarankuru n’ibindi bitandukanye.

DSTV Rwanda ifite gahunda yo gukomeza ubukangurambaga aho  bazazenguruka mu bice byose by’igihugu bereka Abanyarwanda ibyiza byo gutunga DSTV.

N’ubwo ibiciro byatangiye kubahirizwa, iyi gahunda izatangiza ku mugaragaro taliki 05 Gicurasi 2023 muri “Car Free Zone” mu Mujyi wa Kigali.

Ku bifuza gutunga  bwa mbere  DSTV barasabwa ibihumbi 25 y’amafaranga bikubiyemo ibikoresho byose, kubimanika ndetse n’ifatabuguzi “Iwacu” ry’ibihumbi 10. Ibi bikoresho bikaba biboneka ahantu hose mu gihugu.

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA