Einhorn Itamar yegukanye agace ka Gatandatu ka Tour du Rwanda 2026
Amakuru

Einhorn Itamar yegukanye agace ka Gatandatu ka Tour du Rwanda 2026

SHEMA IVAN

February 27, 2026

Umunya-Israel Einhorn Itamar yegukanye agace ka Gatandatu ka Tour du Rwanda 2026, nyuma yo gusiga abandi bakinnyi agakoresha amasaha abiri n’amasegonda 59.

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 27 Gashyantare 2026, ni bwo hakinwe ako gace ka Tour du Rwanda 2026, abakinnyi bahagurukiye mu Mujyi wa Rubavu mu Burengerazuba, berekeza mu wa Musanze mu Majyaruguru y’u Rwanda ku ntera y’ibilometero 84,1.

Ni agace katangiye kazamuka, aho umusozi wa mbere wa Sashwara wari ku kilometero cya 28. Andi manota yo kuzamuka yatangiwe mu Kinigi ku kilometero cya 72. Miguel Heidemann wa Rembe, ni we wegukanye amanota y’umusozi wa mbere.

Ni mu gihe Uwiduhaye Mike w’Ikipe ya Benediction Banafrica Team ni we amanota rukumbi ya sprint yatangiwe mu Mujyi wa Musanze.

Habura ibilometero bibiri bya nyuma João Pedro Rossi wa Localiza wayoboye isiganwa igihe kirekire
yafashwe n’igikundi bageze i Yaounde. Ikipe ya NSN irimo Moritz wambaye umwambaro w’umuhondo ijya imbere.

Ku kilometero cya nyuma habaye Sprint ikomeye ku bakinnyi benshi bari gikundi bitegura gusoza. Nkuko yabikoze bava I Rukomo berekeza I Rwamagana, Umunya-Israel Einhorn Itamar yongeye gusiga bagenzi agera ku murongo ari uwa mbere aho yakoresheje amasaha abiri n’amasegonda 59.

Yakurikiwe n’abakinnyi 49 bose bakoresheje ibihe bingana bakaba barimo Umunyarwanda Muhoza Eric wa Team Amani wasoreje ku mwanya wa munani.

Ni inshuro ya kabiri uyu mukinnyi w’Ikipe ya NSN Devo Team atwaye agace mu irushanwa ry’uyu mwaka, nyuma yo gutwara n’aka Rukomo-Rwamagana.

Moritz Kretschy w’imyaka 23, ukinira Ikipe ya NSN Devo Team ni we wakomeje kwambara umwambaro w’umuhondo nyuma kuyobora uduce dutandatu tumaze gukinwa aho amaze gukoresha amasaha 17, iminota 48

Adamietz Johannes wa Kabiri ukinira Rembe Rad-Net arushwa iminota n’amasegonda abiri ni mu gihe Desta Teweldemedhn Amaniel Team Amani arushwa iminota n’amasegonda 18.

Umunyarwanda uza hafi ku rutonde rusange ni Niyonkuru Samuel Team Amani uri ku mwanya wa 16 aho arushwa n’uwa mbere iminota ine n’amasegonda 59.

Tour du Rwanda ya 2026 izakomeza ku wa Gatandatu, tariki ya 28 Gashyantare, hakinwa agace ka Karindwi aho abakinnyi bazahagurukira I Musanze berekeza kuri Kigali Pele Stadium ku ntera y’ibilometero 147.

Einhorn Itamar yegukanye agace ka Gatandatu ka Tour du Rwanda 2026
Abakunzi b’umukino w’amagare bari benshi mu muhanda Rubavu – Musanze
I Musanze abafana bari benshi ku mihanda baje gushyigikira umukino w’amagare

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA