Gicumbi HBT 35-41 Police HC
Police HBC 32-27 Gicumbi HBT
Vision JN 43-37 UR Nyarugenge
Ikipe ya Police HBC yitwaye neza itsinda Gicumbi HBC imikino 2-0 muri “Playoffs 2022” ihita yegukana igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya mbere mu bagabo.
Uyu mwaka wa 2022, shampiyona y’icyiciro cya mbere mu bagabo yakinwe mu matsinda abiri hanyuma habaho imikino ya “Playoffs” mu rwego rwo gushaka amakipe azahatanira igikombe aho Gicumbi HBT na Police HBC zasoje ziyoboye.
Nk’uko byari biteganyijwe aya makipe yombi yagombaga gutanguranwa gutsinda imikino ibiri muri 3. Umukino wa mbere wabereye i Gicumbi taliki 10 Nyakanga 2022, Police HBC yatsinze Gicumbi HBT ibitego 41 kuri 35. Umukino wa kabiri wabereye Kimisagara taliki 17 Nyakanga 2022, ikipe ya Police HBC yatsinze umukino wa kabiri ku bitego 32 kuri 27.



Nyuma yo gutsinda imikino ibiri, Police HBC yahise yegukana igikombe cya shampiyona ihabwa ibihumbi 500. Iyi shampiyona yaherukaga gukinwa muri 2019 nabwo Police HBC ni yo yari yegukanye igikombe.

Umutoza wa Police HBC, CIP Ntabanganyimana Antoine yatangaje ko bishimiye iki gikombe batwaye kuko Gicumbi HBT ari ikipe nziza yabagoye cyane nyuma yo kubatwara ibikombe bibiri mu marushanwa aheruka.
Yagize ati : “ Gicumbi HBT ni ikipe nziza imaze iminsi itugora, yadutwaye ibikombe bibiri bikurikirana, twaricaye tureba aho byapfiraga, nyuma dushyiramo imbaraga none tuyitwaye igikombe cya shampiyona tuyitsinze imikino 2.”
Yakomeje avuga ko nihaboneka amakipe 3 ahangana kuri uru rwego Handball y’u Rwanda izazamuka. Ati : “ APR HBC nigaruka imeze neza, Gicumbi HBT ihari n’izindi umwaka utaha bizaba ari byiza cyane.”
Umutoza wa Gicumbi HBT, Mudaharishema Medard yatangaje ko mu mikino ari uku, mu bikombe bitatu bakiniye babashije gutwara bibiri, Police HBC ibatwaye ikindi, ubwo bazongera gutegura umwaka utaha.
Vision JN yegukanye igikombe mu cyiciro cya kabiri
Ikipe ya Vision JN yegukanye shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu bagabo nyuma yo gutsinda ku mukino wa nyuma ikipe ya UR Nyarugenge ibitego 43 kuri 37. Iyi kipe ya Vision JN yahawe igikombe na sheki y’ibihumbi 300.



Aya makipe yombi akaba yaranabonye itike yo kuzamuka mu cyiciro cya mbere aho zasimbuye ikipe ya UR Rukara na Munyove HC zamanutse mu cyiciro cya kabiri.
Kiziguro SS yegukanye shampiyona mu bagore
Mu cyiciro cy’abagore shampiyona ya 2022 yarasojwe aho ikipe ya Kiziguro SS yegukanye igikombe ndetse ihabwa n’ibihumbi 500 by’amafaranga y’u Rwanda.

Taliki 16 na 17 Nyakanga 2022 ni bwo hakinwe imikino ya nyuma ya shampiyona aho Kiziguro SS yatsinze GS Kitabi ibitego 42 kuri 21, itsinda Three Stars ibitego 53 kuri 14 inatsinda ISF Nyamasheke ibitego 21 ku 10.
Mu yindi mikino yabaye, Three Stars yatsinze UR Huye ibitego 27 kuri 15, Gicumbi HC itsinda ISF Nyamasheke ibitego 28 kuri 24, ISF Nyamasheke itsinda UR Huye ibitego 27 ku 08, Gicumbi HC itsinda GS Kitabi 41-16, GS Kitabi itsinda UR Huye 28-24 na ho Gicumbi HC itsinda Three Stars 24-14.
Umutoza wa Kiziguro SS, Sindayigaya Aphrodice yatangaje ko shampiyona itari yoroshye ariko bashyizemo imbaraga kandi barishimira ko birangiye neza begukanye igikombe aho batsinzwe gusa umukino umwe.
Akomeza avuga ko ibyabafashije ari uko bakora imyitozo buri munsi kandi abakinnyi be bakiri bato banyaruka nta kibazo.
Ikipe ya Kiziguro SS igomba guserukira u Rwanda mu mikino y’Akarere k’Afurika y’u Burasizuba ku nshuro ya kabiri kuko umwaka ushize yitabiriye ndetse isoreza ku mwanya wa 3. Umutoza Sindayigaya avuga ko bagiye kongera imyitozo kandi arizera ko bazitwara neza ndetse bazagenda bafite intego yo kwegukana igikombe.
Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino wa Handball mu Rwanda “FERWAHAND”, Twahirwa Alfred yatangaje ko uyu mwaka w’imikino wagenze neza kuko hitabiriye amakipe menshi ndetse hanakoreshwa uburyo bushya bw’imikinire mu byiciro byose, icya mbere n’icya kabiri mu bagabo ndetse n’icyiciro cya mbere mu bagore.

Yakomeje avuga ko habonetse abafana benshi kandi babonye ko Handball ari umukino mwiza kandi uryoheye ijisho.
Agaruka ku buryo bushya bw’imikinire, Perezida wa FERWAHAND yavuze ko bwafashije abakinnyi kubona imikino myinshi kuko buri mukinnyi yakinnye iri hagati ya 30 na 35.