Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Handball yatsinze iya Zambia ibitego 34-26 mu mukino wa kabiri wo mu Itsinda rya mbere rya “President’s Cup”, igikombe gikinirwa n’amakipe ahataniye kuva ku mwanya wa cyenda kugeza ku wa 16 mu Gikombe cya Afurika.
Ni umukino wabereye Muri BK Arena ku gicamunsi cyo ku wa Kabiri, tariki ya 27 Mutarama 2026.
Wari umukino wa kabiri u Rwanda rukinnye muri wo mu Itsinda rya mbere rya “President’s Cup”, nyuma yo gutsinda Uganda ibitego 37-27 mu mukino wa mbere.
U Rwanda rwagiye gukina umukino wa kabiri na Zambia rusabwa gutsinda rukongera amahirwe yo guhatanira umwanya wa 9 kugera ku wa 12.
Yari inshuro ya kabiri ibihugu byombi bihuye muri iri rushanwa, riri gukinwa ku nshuro ya 27 kuko bari kumwe mu Itsinda rya mbere icyo gihe rwatsinze ibitego 30-19.
Mu mukino wa kabiri mu itsinda rurimo, u Rwanda rwitwaye neza rutsinda Zambia ibitego 34-26 aho igice cya mbere cyari cyarangiye amakipe yombi anganya ibitego 17-17.
Umunyezamu wa Zambia Musa Kambundu ni we wabaye umukinnyi w’umukino.
Undi mukino wabaye muri iri itsinda, Gabon yatsinze Uganda ibitego 40-19.
Ikipe y’Igihugu izasubira mu kibuga ku wa Kane, tariki ya 29 Mutarama 2026, ihura na Gabon mu mukino usoza iyo muri iri tsinda.
Ikipe ebyiri za mbere mu matsinda zizahatanira hagati y’umwanya wa 9 n’uwa 12, iya mbere ihura n’iya kabiri mu gihe ebyiri za nyuma zihatanira kuva ku mwanya wa 13 kugeza ku ya 16, iya gatatu ihura n’iya kane.


