Hongeye kwanduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia
Mu Mahanga

Hongeye kwanduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

KAMALIZA AGNES

December 8, 2025

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku butaka bwa Cambodia mu duce two ku mupaka, ndetse ibyo bitero byakurikiwe n’imirwano ikaze hagati y’impande zombi.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 08 Ukuboza, Igisirikare cya Thailand cyatangaje ko umusirikare umwe wabo yapfuye abandi batanu barakomereka, ndetse bikomeretsa abasivili batatu muri Cambodia.

Impande zombi zikomeje gushinjanya kuba nyirabayazana w’intambara ndetse itangazo ryashyizwe hanze n’Umuvugizi w’ingabo za Thailand, Maj Gen  Winthai Suvari, yavuze ko bohereje indege z’intambara mu kirere kugira ngo zihagarike ibitero bya Cambodia, nyuma y’uko umusirikare wayo yiciwe mu Ntara ya Ubon Ratchathani.

Thailand yavuze ko abasirikare ba Cambodia ari bo batangiye bagaba ibitero nubwo Cambodia ibihakana yivuye inyuma.

Mu itangazo ryashyizwe ku rubuga rwa  Facebook, Cambodia yavuze ko ingabo za Thailand ari zo zatangije ibitero mu rukerera, bigakurikirwa n’ibikorwa by’iterabwoba n’ubushotoranyi.

Ibi bitero bibaye nyuma y’umunsi habaye indi mirwano y’akanya gato mu gace ka Phu Pha Lek–Phlan Hin Paet Kon ko mu Ntara ya Sisaket, aho impande zombi zashinjanye gutangiza imirwano.

Icyo gihe Thailand yavuze ko amasasu yaturutse muri Cambodia yakomerekeje abasirikare bayo babiri bituma habaho kwihorera.

Ibi bitero bibaye bikurukira amasezerano y’amahoro yasinywe hagati y’impande zombi agizwemo uruhare na Leta Zunze Ubumwe za Amerika  mu kwezi k’Ukwakira, yasinywe nyuma y’imirwano ikaze yo muri Nyakanga yaguyemo abantu 48, abandi  300,000 bavanwa mu byayo.

Minisitiri w’Intebe wa Thailand, Anutin Charnvirakul, kuri uyu wa Mbere yavuze ko igihugu cye kitifuza  imirwano, ariko ingabo ziteguye gufata ingamba ngo harindwe umutekano mu gihe na Cambodia  yemeje ko nta mirwano ishaka.

Imirwano ya Cambodia na Thailand yakomerekeje abasivili

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA