Igikombe cya Afurika kigiye kujya gikinwa nyuma y’imyaka ine
Amakuru

Igikombe cya Afurika kigiye kujya gikinwa nyuma y’imyaka ine

SHEMA IVAN

December 20, 2025

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ko nyuma y’irushanwa rizaba mu 2027, Igikombe cya Afurika kizajya kiba buri myaka ine kuva mu 2028.

Byagarutsweho na Perezida wa CAF, Patrice Motsepe i Rabat muri Morocco, kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 20 Ukuboza 2025 mu gihe kuri iki Cyumweru tariki ya 21 Ukuboza 2025, kugeza ku ya 18 Mutarama 2026, iki gihugu cyakiriye iri rushanwa ku nshuro ya 35.

Ubusanzwe iri rushanwa riruta andi gukomera muri Afurika ryakinwaga nyuma y’imyaka ibiri kuva mu 1968, gusa mu 2012 na 2013 cyabaye mu mwaka umwe.

Perezida Motsepe yavuze ko izi mpinduka zari zikenewe mu mupira w’amaguru muri Afurika.

Yagize ati: “Dufite uburyo bushya bwo gukina irushanwa ry’Igikombe cya Afurika. Ibyo nkora ni mu nyungu za Afurika. Ingengabihe ikwiriye guhinduka kandi ikaba irimo ibintu byinshi.”

Mu Izi mpinduka, uyu muyobozi yatangaje ko guhera mu 2029 hazatangira irushanwa rishya ry’ibihugu ryiswe ‘African Nations League’.

Igikombe cya Afurika kizongera gukinwa mu 2032.

Perezida wa CAF, Patrice Motsepe yavuze ko izi mpinduka zifasha mu guteza imbere umupira w’amaguru wa Afurika
Guhera mu 2028,igikombe cya Afurika kizajya gikinwa nyuma y’imyaka ine

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA