Abantu bane bishwe n’impanuka y’indege ya gisirikare ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika yagenewe kongenera amavuta indege z’intambara, nyuma yuko ishwanyukiye muri Iraq nkuko byatangajwe n’Ingabo za Amerika zikorera mu Burasirazuba bwo Hagati.
Iyo ndege yari imwe muri ebyiri zari mu bikorwa bya gisirikare bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu ntambara icyo gihugu gikomeje guhanganamo na Iran.
Izo ngabo zatangaje ko indege yo mu bwoko bwa Boeing KC-135 itarashwe n’abanzi ba Amerika cyangwa ikindi gitero, ahubwo yari iri mu bikorwa bya gisirikare kuko ifite ubushobozi bwo kongerera amavuta izindi ndege z’intambara ziri mu kirere.
BBC yatangaje ko nubwo iyo mpanuka yabereye muri Iraq, agace yabereyemo kagenzurwa na Amerika ariko hanakorera imitwe yitwaje intwaro ifitanye isano na Iran.
Ku rundi ruhande, igisirikare cya Iran cyatangaje ko iyo ndege yarashwe na misile y’imitwe yitwaje intwaro ikorera muri ako gace.
Mu ntangiriro z’uku kwezi na bwo indege eshatu z’intambara za Amerika zarasiwe muri Kuwait ziri mu bikorwa bya gisirikare bigamije kurwanya Iran, ariko icyo gitero byavuzwe ko kitari kigambiriwe kandi ntawahasize ubuzima.