Iran yannyeze Amerika iri kubeshya ko bari mu biganiro by’amahoro
Mu Mahanga

Iran yannyeze Amerika iri kubeshya ko bari mu biganiro by’amahoro

KAMALIZA AGNES

March 25, 2026

Iran yahaye urw’amenyo Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump uri kubeshya ko bari mu biganiro bigamije guhosha intambara iri mu Burasirazuba bwo Hagati, ivuga ko Trump ari kwiganiriza.

Umuvugizi w’Igisirikare cya Iran, Lt Col Ebrahim Zolfaghari kuri uyu wa Gatatu yatangaje ko Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziri kwivugisha mu biganiro, avuga ko nta biganiro biri kuba hagati y’impande zombi kandi ko ibyo Trump ari kuvuga ari ukwishuka no gusakaza ibinyoma. Lt Col Ebrahim yavuze ko bigoye kumvikana n’umuntu umeze nka Perezida Trump nyuma yuko ashimangiye ko Iran ishaka byihuse ibiganiro by’amahoro.

Ku rundi ruhande ariko BBC yatangaje ko amakuru aturuka muri Pakistan ari na yo muhuza muri ibyo biganiro avuga ko Iran yakiriye umushinga w’amahoro ugizwe n’ingingo 15 uvuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Uyu mushinga utaratangazwa ku mugaragaro bivugwa ko urimo ko Iran yasenya ibikorwa byayo bya Nikeleyeri nayo igakurirwaho ibihano.

BBC yatangaje ko nubwo uwo mushinga wanditse neza ariko hari amahirwe menshi ko Iran itazawemera. Ibi bije mu gihe intambara ikomeje gukaza umurego, aho Iran ikomeje kugaba ibitero kuri Isiraheli ndetse n’ibyo bihugu bikomeje kugaba ibitero ku bikorwa bya Iran.

Abasesenguzi bavuga ko kudahuza amakuru atangazwa n’impande zombi bigaragaza ukutizerana gukomeye kandi bigakoma mu nkokora icyerekezo cy’ibiganiro biganisha ku mahoro.

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA