Leta ya Azerbaijan yavuze ko yagabweho ibitero by’indege na Iran; ivuga ko ifite uburenganzira bwo kwirwanaho ndetse ihamagaza Ambasaderi wa Iran muri icyo gihugu ngo atange ibisobanuro ku bw’icyo gitero.
Kuri uyu wa Kane, Azerbaijan yatangaje ko drone ebyiri zaturutse muri Iran imwe ikarasa ku nyubako y’Ikibuga cy’indege Mpuzamahanga cya Nakhchivan indi ikagwa hafi y’ishuri mu mudugudu wa Shakarabad, bigakomeretsa abantu babiri.
Guverinoma ya Azerbaijan yahise ihamagaza Ambasaderi wa Iran muri icyo gihugu, Mojtaba Demirchilou imuha inyandiko zamagana ibyo bitero, ivuga ko igihugu gifite uburenganzira bwo gufata ingamba zo kwirwanaho.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Azerbaijan yamaganye icyo gitero, ivuga ko ari ukurenga ku mategeko mpuzamahanga kandi cyongera umwuka mubi mu karere.
Ku rundi ruhande ariko Iran yahakanye iby’ayo makuru ivuga ko itagambiriye kurasa ku bihugu by’abaturanyi.
Minisitiri wungirije w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Kazem Gharibabadi yavuze ko batatera ibihugu baturanye ahubwo politiki yabo ari ugutera ibirindiro by’abanzi bayo bakorera mu karere, n’ibindi birindiro bikoreshwa na Isiraheli na Leta Zunze Ubumwe za Amerika zibagabaho ibitero.
