Iran yikuye mu Gikombe cy’Isi 2026
Amakuru

Iran yikuye mu Gikombe cy’Isi 2026

SHEMA IVAN

March 11, 2026

Minisitiri wa Siporo wa Iran, Ahmad Donyamal, yatangaje ko iki gihugu kitazitabira Igikombe cy’Isi cya 2026 kubera ibitero Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel bikomeje kukigabaho.

Yabitangarije mu kiganiro yagiranye na Teleziyo ya Iran, kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 11 Werurwe 2026.

Minisitiri Ahmad Donyamal, yagize ati: “Kubera ko ubutegetsi [bwa USA] bwamunzwe na ruswa bwatwiciye Umuyobozi. Nta cyatuma twitabira Igikombe cy’Isi”.

Abana bacu ntibatekanye kandi mu by’ukuri nta buryo buhari bushoboka bwo kwitabira iryo rushanwa muri ibi bihe”.

Yakomeje agira ati: “Kubera ibikorwa byabo byo kurwanya Iran, badushojeho intambara 2 mu mezi umunani cyangwa icyenda, kandi bishe ibihumbi by’abaturage bacu. Bityo rero ntidushobora kugaragara muri ibyo bikorwa” .

Iri rushanwa rizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexique riteganyijwe kuva tariki ya 11 Kamena kugeza ku ya 19 Nyakanga 2026. Iran yari yarashyizwe mu itsinda G hamwe na Misiri, u Bubiligi na Nouvelle-Zélande.

Ibitero bya Israel na Amerika kuri Iran byagabwe ku wa 28 Gashyantare 2026, Iran na yo ihita itangira ibyo kwihimura ku bice birimo ibirindiro by’ingabo za Amerika biherereye mu bihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati nka Qatar, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), Kuwait, Bahrain, Jordanie, Arabie Saoudite na Iraq.

Leta ya Iran itangaza ko abantu 1300 ari bo bamaze kubarurwa ko bahitanywe n’iyi ntambara.

Ministiri wa Siporo, Ahmad Donyamal yatangaje ko igihugu cye kitazitabira igikombe cy’Isi kubera ibitero Amerika na Israel bayigabaho

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA