Ingabo za Israel zemeje ko zarashe ku murwa mukuru wa Iran, Tehran na Beirut muri Liban mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 03 Werurwe 2026.
Itangazo ry’igisirikare cya Israel rigira riti: “Ingabo za Israel ubu ziri kurasira rimwe ibirindiro bya gisirikare i Tehran na’i Beirut.”
Umuvugizi w’ingabo za Israel ukoresha Icyarabu, Avichay Adraee, yavuze ko barimo gukora ibitero bikomeye byo mu kirere.
Ibi bitero byabaye isaha imwe nyuma yuko IDF isohoye ‘itangazo riburira kandi ryihutirwa’ ku baturage bo mu duce tw’ibyaro mu Majyepfo ya Beirut, no mu Midugudu itandukanye babakangurira guhunga.
IDF yavuze ko iri kwibanda cyane ku bigo by’abategetsi n’ahabikwa ibikoreso bya Hezbollah.